• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 8, 2026
in Amakuru
480 15
0
Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga
685
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage batatu bo mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Muhazi barimo abakecuru babiri bafitanye isano ya bugufi, bishwe n’inzoga ya kanyanga, isanzwe ari ikiyobyabwenge, nyuma yo kuyisomaho ngo ibavure mu nda.

Aba bakecuru babiri banyweye kuri iyi kanyanga mu mpera z’icyumweru gishize. Bari batuye mu Mudugudu wa Ngendo mu Kagari ka Murambi mu Murenge wa Muhazi.

You might also like

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye

RwandAir yahagaritse gutwara abagenzi bava muri Sudani y’Epfo, Uganda na RDC bajya muri UAE kubera Ebola

Umwe yari afite imyaka 71, mu gihe undi yari afite 68. Ubwo bari kumwe bahuye n’umugabo witwa Kaburame w’imyaka 53 abagurisha iyo kanyanga kugira ngo ibavure mu nda nk’uko abaturage babivuga.

Nyuma yo kuyinywa, umwe yahise amererwa nabi, apfa bamujyanye ku bitaro bya Rwamagana.

Mu kujya kureba uko uwa kabiri amerewe ngo banamubwire ko mugenzi we yitabye Imana basanze nawe yapfuye. Bukeye bwaho uwo mugabo wari wayibagurishije nawe yahise yitaba Imana.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, yemeje ko “banyweye kanyanga bari bavanye muri Kayonza, uwo mugabo wayibagurishaga na we yitabye Imana. Ubu abantu batatu nibo bamaze kwitaba Imana harimo abakecuru babiri bafitanye isano ya bugufi.’’

Meya Mbonyumuvunyi yaboneyeho gusaba abaturage kwirinda kunywa inzoga zitanyuze mu nganda ngo zikorerwe ubugenzuzi, avuga ko izo nzoga zishobora gutwara ubuzima bwa benshi mu gihe bataretse kuzinywa.

Ati “Ubutumwa tubaha ni ukwirinda inzoga z’inkorano aho ziva zikagera, kwirinda kanyanga kuko iri kubatwara ubuzima, birinde ibigage benga bitizewe neza isuku, kwirinda izonga z’inkorano zose ndetse bajye banywa inzoga zikorwa n’inganda zizwi zizewe ziba zanakorewe ubuziranenge ku buryo ntawe zagiraho ingaruka.’’

Mu minsi ishize inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abaturage barenga 25 mu Rwanda, Leta ihitamo gutangiza ubukangurambaga bwo kuzirwanya no kuzangiza hirya no hino mu gihugu. Muri Rwamagana hamenwe inzoga nyinshi zakorwaga mu birimo isabune, amajyane n’ibindi byinshi bitemewe.

Previous Post

Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye

Next Post

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026
Amakuru

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

by OMEGA BOY
June 9, 2026
Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye
Amakuru

Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye

by OMEGA BOY
June 8, 2026
RwandAir yasubitse ingendo zijya n’iziva i Doha na Dubai
Amakuru

RwandAir yahagaritse gutwara abagenzi bava muri Sudani y’Epfo, Uganda na RDC bajya muri UAE kubera Ebola

by OMEGA BOY
June 7, 2026
Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana
Amakuru

Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana

by OMEGA BOY
June 7, 2026
Huye: Umugabo yishe umugore we amutemye
Amakuru

Huye: Abagabo bane bafunzwe bakekwaho kwica umwana na Nyirakuru bakabajugunya mu musarane

by OMEGA BOY
June 7, 2026
Next Post
Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

Ibikubiye mu byemezo by'Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

Please login to join discussion

Recommended

Muhanga: Gitifu warufunzwe akekwaho kurya ruswa y’amafaranga 150,000 Frw yagizwe umwere

Umusore akurukirwanyweho kwica umukecuru amuziza ko umwuzukuru we yamuriye amafaranga 1200

December 17, 2025
Nyarugenge: Abantu baherutse kugaragara mu mashusho bakubitira umuturage ku Kagali batawe muri yombi

Rusizi: Gitifu w’Umurenge yatawe muri yombi

April 14, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026
Amakuru

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

June 9, 2026
Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga
Amakuru

Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

June 8, 2026
Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye
Amakuru

Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye

June 8, 2026
Umuhanzi Kirikou Akili ararembye
IMYIDAGADURO

Umuhanzi Kirikou Akili ararembye

June 8, 2026
RwandAir yasubitse ingendo zijya n’iziva i Doha na Dubai
Amakuru

RwandAir yahagaritse gutwara abagenzi bava muri Sudani y’Epfo, Uganda na RDC bajya muri UAE kubera Ebola

June 7, 2026
Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana
Amakuru

Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana

June 7, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

June 9, 2026
Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

June 8, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In