• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Huye: Abagabo bane bafunzwe bakekwaho kwica umwana na Nyirakuru bakabajugunya mu musarane

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 7, 2026
in Amakuru
474 20
0
Huye: Umugabo yishe umugore we amutemye
684
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Abagabo bane bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ngoma mu Karere ka Huye, nyuma yo gutabwa muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umukecuru n’umwuzukuru we basanzwe bapfuye bajugunywe mu musarane.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Mpinga, mu Kagari ka Buvumo, mu Murenge wa Mukura, mu Karere ka Huye, mu Ntara y’Amajyepfo, aho ku mugoroba wo ku wa 05 Kamena 2026 abaturage bavumbuye imirambo ya Mukamutara Agnès w’imyaka 75 y’amavuko n’umwuzukuru we w’imyaka icyenda.

You might also like

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye

Amakuru atangwa n’abaturage avuga ko nyakwigendera aheruka kugaragara ku wa 4 Kamena ashakisha umwuzukuru we wari waburiwe irengero. Bombi babanaga bonyine mu rugo rwabo.

Bivugwa ko mu gitondo cyo ku wa 05 Kamena, bamwe mu bahinzi bakoreraga uyu mukecuru bageze iwe ngo abereke imirimo bagombaga gukora, basanga urugo rufunze. Bakeka ko yaba yagiye mu bikorwa bye bisanzwe, barataha.

Nyuma yaho, undi muturage wageze kuri urwo rugo na we yasanze nta muntu uhari. Amaze igihe ahamagara nta witaba, yatangiye gushakisha hirya no hino kugeza abonye imirambo yabo mu musarane.

Umwe mu baturage yagize ati: “Twatunguwe no kubona umukecuru n’umwuzukuru we bapfuye muri ubu buryo. Ni ibintu byadushenguye cyane kuko bari abantu bazwi muri aka gace kandi nta wari witeze ko byabageraho.”

Abaturage bakomeza bavuga ko nyakwigendera yari asanzwe afitanye amakimbirane ashingiye ku mitungo n’umwe mu bakekwa, ibintu biri mu biri gukurikiranwa n’abashinzwe iperereza.

Umuturanyi umwe yagize ati: “Hari amakimbirane yari asanzwe azwi hagati ya nyakwigendera n’umwe mu bantu bafashwe. Turizera ko iperereza rizagaragaza niba hari aho ahuriye n’uru rupfu.”

Amakuru y’ibanze agaragaza ko umwana ashobora kuba yarabanje kwicwa mbere ya nyirakuru, hashingiwe ku buryo imirambo yabo yabonetse, nubwo iperereza ari ryo rizatanga umwanzuro wa nyuma.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yemeje ifatwa ry’abakekwa bane, avuga ko iperereza ryahise ritangira nyuma yo kumenya aya makuru.

Yagize ati: “Abagabo bane bakekwaho urupfu rwa ba nyakwigendera bahise batabwa muri yombi. Ubu bafungiye kuri Polisi, Sitasiyo ya Ngoma, naho imirambo yajyanywe muri CHUB kugira ngo ikorerwe isuzuma rizafasha kumenya icyateye urupfu n’igihe rwabereye.”

Mu bandi bafashwe harimo n’abakekwaho kugura ibintu bivugwa ko byibwe mu rugo rwa nyakwigendera nyuma y’urupfu rwe, birimo ihene n’ibishyimbo.

Mu gihe iperereza rigikomeje, abaturage bo mu Murenge wa Mukura bavuga ko batewe ubwoba n’ubu bwicanyi, bagasaba ko ababigizemo uruhare bose bagezwa imbere y’ubutabera.

Previous Post

Rutsiro: Umugabo arakekwaho kwica umugore we akamumanika mu mugozi ahetse umwana

Next Post

Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026
Amakuru

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

by OMEGA BOY
June 9, 2026
Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga
Amakuru

Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

by OMEGA BOY
June 8, 2026
Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye
Amakuru

Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye

by OMEGA BOY
June 8, 2026
RwandAir yasubitse ingendo zijya n’iziva i Doha na Dubai
Amakuru

RwandAir yahagaritse gutwara abagenzi bava muri Sudani y’Epfo, Uganda na RDC bajya muri UAE kubera Ebola

by OMEGA BOY
June 7, 2026
Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana
Amakuru

Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana

by OMEGA BOY
June 7, 2026
Next Post
Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana

Nyirabagande Drocelle wamamaye nka 'Langwida' mu ikinamico Urunana yitabye Imana

Please login to join discussion

Recommended

Itangazo rireba buri muntu wese uzajya muri ‘Graduation’ i Huye tariki 17 Ukwakira 2025

Itangazo rireba buri muntu wese uzajya muri ‘Graduation’ i Huye tariki 17 Ukwakira 2025

October 16, 2025
Kicukiro: Umugabo utamenyekanye imyirondoro yasanzwe muri ruhurura yapfuye

Kicukiro: Umugabo utamenyekanye imyirondoro yasanzwe muri ruhurura yapfuye

October 11, 2025

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026
Amakuru

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

June 9, 2026
Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga
Amakuru

Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

June 8, 2026
Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye
Amakuru

Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye

June 8, 2026
Umuhanzi Kirikou Akili ararembye
IMYIDAGADURO

Umuhanzi Kirikou Akili ararembye

June 8, 2026
RwandAir yasubitse ingendo zijya n’iziva i Doha na Dubai
Amakuru

RwandAir yahagaritse gutwara abagenzi bava muri Sudani y’Epfo, Uganda na RDC bajya muri UAE kubera Ebola

June 7, 2026
Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana
Amakuru

Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana

June 7, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

June 9, 2026
Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

June 8, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In