Nyuma y’uko Gasogi United FC yanze kwitabira umukino wari kuyihuza na Rayon Sports wari kubera kuri Stade Amahoro kuri iki Cyumweru, tariki ya 22 Werurwe 2026, yatewe mpaga y’ibitego 3-0, Gikundiro ifata umwanya wa kane.
Rayon Sports FC yageze kuri Stade Amahoro hakiri kare cyane, kugira ngo ikine umukino w’Umunsi wa 25 wa Shampiyona y’u Rwanda, ndetse n’abafana bari bamaze kugeramo, dore ko abenshi bari bamaze gukurikira umukino wa Al Hilal SC na RS Berkane muri CAF Champions League.
Uyu mukino mpuzamahanga ukirangira, Saa Tatu n’iminota umunani, abakinnyi ba Rayon Sports, bahise binjira mu kibuga batangira kwishyushya, bagitegreje ko uyu mukino uba nk’uko bisanzwe.
Ni ko kandi abasifuzi bawo na bo bari biteguye. Abo ni Niyeyimana Is’haq wo mu kibuga hagati, Mugabo Eric na Karemera Tony bo mu mpande.
Amategeko agenga Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda avuga ko “iyo umubare w’abakinnyi ubaye muto cyangwa iyo ikipe imwe cyangwa zombi itabonetse/zitabonetse mu kibuga mu gihe cy’iminota 15 nyuma y’isaha yagenwe kugira ngo umukino utangire, uko kubura byemezwa n’umusifuzi.”
Akomeza agira ati “Ibisabwa kugira ngo icyo gikorwa cyemerwe cyo kubura byerekanwa n’umusifuzi ku rupapuro rw ‘umukino. Imwe cyangwa amakipe arebwa n’iki kibazo ihanishwa guterwa mpaga.”
Rayon Sports yahise itera mpaga Gasogi United y’ibitego 3-0, ihita ifata umwanya wa kane n’amanota 42 ivuye ku wa gatandatu. Ni mu gihe Gasogi United FC y’amanota 26 igomba guhita ijya ku mwanya wa 12.
Mu mbonerahamwe y’ibihano, Rwanda Premier League iteganya ko ikipe yatewe mpaga kandi ihanishwa kwishyura miliyoni 2 Frw.














