• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

RwandAir yahagaritse gutwara abagenzi bava muri Sudani y’Epfo, Uganda na RDC bajya muri UAE kubera Ebola

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 7, 2026
in Amakuru
459 5
0
RwandAir yasubitse ingendo zijya n’iziva i Doha na Dubai
642
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’u Rwanda ikora ingendo zo mu kirere, RwandAir, yahagaritse gutwara abagenzi bajya muri Leta Zunze Ubumwe Z’Abarabu bavuye muri Sudani y’Epfo, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, kubera icyorezo cya Ebola cyagaragaye muri ibi bihugu.

Ku wa 6 Kamena 2026, nibwo UAE yatangaje ko yahagaritse kwakira abaturage bavuye muri ibi bihugu bya Afurika, mu kwirinda ko iki cyorezo cyakomeza gukwirakwira. Yahagaritse kandi ibijyanye no kubaha visa.

You might also like

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye

Mu itangazo ryashyizwe hanze, AUE yatangaje ko “Izi ngamba ziri mu murongo wa UAE wo gukumira no kwirinda hagamijwe kongerera imbaraga gahunda z’igihugu zigamije kwitegura no guhashya icyorezo cya Ebola.”

Mu kubahiriza ingamba zafashwe na UAE, ku wa Gatandatu RwandAir yatangaje ko itazongera gutwara abagenzi bava muri Uganda, RDC na Sudani y’Epfo bagana muri iki gihugu.

Itangazo ry’iyi sosiyete ikora ingendo zo mu kirere rivuga ko “Kubera ingamba z’ubuzima, hari ingamba zikomeye zashyizweho ku bagenzi bagana muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.”

Yakomeje ivuga ko abagenzi batazemererwa kurira indege mu gihe baba bavuye muri Sudani y’Epfo, Uganda, RDC, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abandi batazemererwa kurira indege ni ababa banyuze mu kindi gihugu ariko baturutse cyangwa banyuze muri ibi bihugu.

Abatarebwa n’iki cyemezo ni abaturage ba UAE ndetse n’abafite Pasiporo z’Abadipolomate.

Kugeza ubu Abanyarwanda n’Abaturarwanda baracyemerewe kujya muri UAE cyane ko nta cyorezo cya Ebola cyari cyagaragara mu gihugu.

Minisitiri w’Intebe, Justin Nsengiyumva aherutse kumara impungenge Abanyarwanda ku cyorezo cya Ebola gikomeje kugaragara mu karere, ashimangira ko igihugu cyiteguye bihagije.

Yavuze ko u Rwanda rukomeje imyiteguro igamije guhangana n’iki cyorezo.

Ati “U Rwanda rwakajije ingamba zo gukumira, gukurikirana no kwita ku bakwandura icyo cyorezo kandi dufite icyizere ko twiteguye bihagije mu kurinda ubuzima bw’abaturage bacu hatabayeho guhagarika ibikorwa by’ubukungu n’imibereho isanzwe y’abaturage.”

Yakomeje yizeza abaturage ko bitewe n’izi ngamba u Rwanda rwafashe rudadiye ku bijyanye na Ebola

Ati “Minisiteri y’Ubuzima hamwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima, bazakomeza gukurikiranira hafi iki cyorezo ku buryo buhamye ari nako bamenyesha abaturage ingamba zo kwirinda [..] Kuri Ebola rero turadadiye mu by’ukuri, ubwirinzi burahari, nta mpungenge dufite, uretse ko kuba tudadiye bitavuze ko dukwiriye kwirara.”

Ku wa 1 Kamena 2026 nibwo RwandAir yasubukuye ingendo zijya muri UAE, nyuma y’uko zari zasubitswe kuva ku wa 28 Gashyantare 2026, ubwo intambara ya Amerika, Israel na Iran yatangiraga.

Mu Cyumweru indege ya RwandAir ijya muri UAE inshuro eshanu.

Virusi ya Ebola ikomeje kuzahaza akarere ni iyo mu bwoko bwa Bundibugyo. Abamaze kuyandura muri RDC barenga 480, mu gihe abo yishe ari 86.

Muri Uganda abayanduye ni 19, mu gihe abo yishe ari babiri.

Muri Sudani y’Epfo nta murwayi n’umwe urahagaragara gusa iki gihugu cyashyizwe mu bigomba kwitonderwa kuko gihana imbibi na RDC na Uganda, kandi kikaba nta ngamba zifatika cyashyizeho mu kwirinda.

Iyi virusi ya Ebola izwi nka Bundibugyo yabonetse bwa mbere muri Uganda mu 2007-2008, yandura abantu 149, yica 37. Mu 2012 yagaragaye muri RDC mu gace ka Isiro, yandura abantu 57, yica 29.

Previous Post

Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana

Next Post

Umuhanzi Kirikou Akili ararembye

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026
Amakuru

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

by OMEGA BOY
June 9, 2026
Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga
Amakuru

Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

by OMEGA BOY
June 8, 2026
Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye
Amakuru

Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye

by OMEGA BOY
June 8, 2026
Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana
Amakuru

Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana

by OMEGA BOY
June 7, 2026
Huye: Umugabo yishe umugore we amutemye
Amakuru

Huye: Abagabo bane bafunzwe bakekwaho kwica umwana na Nyirakuru bakabajugunya mu musarane

by OMEGA BOY
June 7, 2026
Next Post
Umuhanzi Kirikou Akili ararembye

Umuhanzi Kirikou Akili ararembye

Please login to join discussion

Recommended

Iran yarashe ubwato bubiri bwari butwaye Peteroli mu rwego rwo gusuzuma Donald Trump wavuze ko amaze gutsinda intambara

Iran yarashe ubwato bubiri bwari butwaye Peteroli mu rwego rwo gusuzuma Donald Trump wavuze ko amaze gutsinda intambara

March 12, 2026
5k Etienne yambitse impeta umukunzi we Uwizeyimana Josiane, amusaba kuzamubera umugore

5k Etienne yambitse impeta umukunzi we Uwizeyimana Josiane, amusaba kuzamubera umugore

February 4, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026
Amakuru

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

June 9, 2026
Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga
Amakuru

Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

June 8, 2026
Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye
Amakuru

Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye

June 8, 2026
Umuhanzi Kirikou Akili ararembye
IMYIDAGADURO

Umuhanzi Kirikou Akili ararembye

June 8, 2026
RwandAir yasubitse ingendo zijya n’iziva i Doha na Dubai
Amakuru

RwandAir yahagaritse gutwara abagenzi bava muri Sudani y’Epfo, Uganda na RDC bajya muri UAE kubera Ebola

June 7, 2026
Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana
Amakuru

Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana

June 7, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

June 9, 2026
Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

June 8, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In