• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Umunya-Tunisia Afahmia Lotfi yareze Rayon Sports muri FIFA

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 16, 2026
in Imikino
469 5
0
Umunya-Tunisia Afahmia Lotfi yareze Rayon Sports muri FIFA
656
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Tunisia, Afahmia Lotfi watoje Rayon Sports, yemeje ko ari mu batanze ibirego mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), ayirega kutamwishyura.

Uyu mutoza avuga ko kuva yagera muri Rayon Sports atigeze akorera mu mwuka mwiza. Mu byo ayishinja harimo kuba yarumvikanye na yo gushaka abakinnyi bayigeza mu matsinda ya CAF Confederation Cup ariko ntibyakorwa.

You might also like

APR FC yongeye kwandika amateka yegukana Igikombe cy’Amahoro cya 2026

Nyuma y’imyaka 22 Arsenal yongeye kwegukana Premier League

“N’umupilote ahanura indege atabishaka, nkanswe njye waba umanuye ikipe” Bekeni asubiza uwarumubajije niba nta bwoba afite bwo kuba Etincelles FC yamanuka mu Cyiciro cya Kabiri

Yavuze ko nta mukinnyi n’umwe Rayon Sports yumvikanye na we yigeze imuha, byiyongera ku gitutu cy’abafana n’ubuyobozi butumvikana, ariko byose byanga kubera imikorere mibi.

Uyu mugabo yemeje ko ari mu batanze ibirego mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi muri (FIFA), kugira ngo yishyurwe umwenda Gikundiro imubereyemo. Ibi byatumye ihabwa ibihano byo kutandikisha abakinnyi kugeza mu 2028 niramuka itamwishyuye.

Ati “Yego narareze biciye mu munyamategeko wanjye, ariko guhagarikwa kwa Rayon Sports byaterwa wenda n’ibindi birego byinshi, si icyanjye gusa. Sinzi icyo umunyamategeko wanjye yaregeye kuko namuhaye byose.”

“Sinishyuwe na Rayon Sports ahubwo nabikoze bya gicuti, ko banyishyura mu byiciro mu kwezi k’Ukuboza no muri Mutarama, ariko nta kintu nigeze mbona cya Rayon Sports kugeza uyu munsi. Birababaje sinzi icyo nakora kuko ibirego byo ni byinshi.”

Afahmia Lotfi wanze amasezerano y’akandi kazi mu yandi makipe, yagaragaje ko nta kazi ari gukora muri iyi minsi, kuko yifuza ikiruhuko akita ku muryango we.

Afahmia Lotfi waganiriye na Radio/TV10 yasabwe na Rayon Sports kuyibera Umuyobozi wa Tekinike arayihakanira, yahagaritswe na yo imushinja umusaruro nkene, ajyana n’umwungiriza we Azouz Lotfi.

Mbere yo kugenda, Umujyanama wa Afahmia Lotfi, Habimana Hussain, yari yatangaje ko bafite ingingo zirenga 10 zitubahirijwe mu masezerano zizatuma barega Rayon Sports ikishyura asaga miliyoni 85 Frw yiyongera kuri miliyoni 15 Frw y’imperekeza.

Icyo gihe ikipe yasigaranywe na Harouna Ferouz by’agateganyo, ariko nyuma ihabwa Bruno Ferry nk’Umutoza Mukuru afatanyije na Lomami Marcel umwungiriza.

Nyuma yo kwirukana uyu Mutoza Mukuru ukomoka mu Bufaransa, Rayon Sports iracyashaka uko yegukana Haringingo Francis Christian, ukiri mu manza na Kiyovu Sports yatandukanye na yo bidakurikije amategeko.

Previous Post

Rutsiro: Umugabo yahanutse ku rutare ahita yitaba Imana

Next Post

Lisansi yiyongereyeho 635 Frw! RURA yashyize hanze ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peterolI biratangira gukurikizwa tariki 17 Mata 2026 Saa Kumi n’Ebyiri za mu gitondo

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

APR FC yongeye kwandika amateka yegukana Igikombe cy’Amahoro cya 2026
Imikino

APR FC yongeye kwandika amateka yegukana Igikombe cy’Amahoro cya 2026

by OMEGA BOY
May 23, 2026
Nyuma y’imyaka 22 Arsenal yongeye kwegukana Premier League
Imikino

Nyuma y’imyaka 22 Arsenal yongeye kwegukana Premier League

by OMEGA BOY
May 20, 2026
“N’umupilote ahanura indege atabishaka, nkanswe njye waba umanuye ikipe” Bekeni asubiza uwarumubajije niba nta bwoba afite bwo kuba Etincelles FC yamanuka mu Cyiciro cya Kabiri
Imikino

“N’umupilote ahanura indege atabishaka, nkanswe njye waba umanuye ikipe” Bekeni asubiza uwarumubajije niba nta bwoba afite bwo kuba Etincelles FC yamanuka mu Cyiciro cya Kabiri

by OMEGA BOY
May 11, 2026
Arsenal yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League itsinze Atletico Madrid igitego 1-0
Imikino

Arsenal yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League itsinze Atletico Madrid igitego 1-0

by OMEGA BOY
May 6, 2026
FERWAFA yafatiye ibihano umusifizi wakubise umukinnyi wa Mukura VS umugeri
Imikino

FERWAFA yafatiye ibihano umusifizi wakubise umukinnyi wa Mukura VS umugeri

by OMEGA BOY
May 5, 2026
Next Post
Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bigiye kuzamuka

Lisansi yiyongereyeho 635 Frw! RURA yashyize hanze ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peterolI biratangira gukurikizwa tariki 17 Mata 2026 Saa Kumi n’Ebyiri za mu gitondo

Please login to join discussion

Recommended

European Central Bank Vice President says Trump is worse than Covid-19

European Central Bank Vice President says Trump is worse than Covid-19

March 18, 2025
Rutsiro: Umugabo bikekwa ko yibye ibendera ry’Igihugu akihamagarira avuga ko aribonye munsi y’urugo rwe yatawe muri yombi

Rutsiro: Umugabo w’imyaka 48 yasanzwe mu ruganiriro rw’inzu ye yimanitse mu mugozi

October 16, 2025

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026
Amakuru

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

June 9, 2026
Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga
Amakuru

Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

June 8, 2026
Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye
Amakuru

Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye

June 8, 2026
Umuhanzi Kirikou Akili ararembye
IMYIDAGADURO

Umuhanzi Kirikou Akili ararembye

June 8, 2026
RwandAir yasubitse ingendo zijya n’iziva i Doha na Dubai
Amakuru

RwandAir yahagaritse gutwara abagenzi bava muri Sudani y’Epfo, Uganda na RDC bajya muri UAE kubera Ebola

June 7, 2026
Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana
Amakuru

Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana

June 7, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

June 9, 2026
Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

June 8, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In