• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Gicumbi: Abantu bataramenyekana batwikiye umuryango mu nzu

OMEGA BOY by OMEGA BOY
October 10, 2025
in Amakuru
468 36
0
Gicumbi: Abantu bataramenyekana batwikiye umuryango mu nzu
698
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Abagizi ba nabi bataramenyekana, bitwikiriye ijoro, batwika inzu y’uwitwa Buntu Christelle wo mu Murenge wa Mutete mu Karere ka Gicumbi; abarimo barashya, ariko Imana ikinga ukuboko, ntihagira uhasiga ubuzima.

Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa Kane, tariki ya 9 Ukwakira 2025, bibera mu Mudugudu wa Nyamiryango, Akagari ka Gaseke, Umurenge wa Mutete.

You might also like

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

Umwana muto niwe wahiye cyane, aho isura ye yangiritse, na nyina nawe ashya ukuguru, mu gihe abandi bana basotse amahoro.

Ni mu gihe kandi ibikoresho bitandukanye byari mu cyumba Buntu araramo n’umwana muto, byahiye birakongoka.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ignace Ngirabakunzi, yavuze ko abahiriye mu nzu bahise bajyanwa ku kigo nderabuzima cya Kajevuba.

Yagize ati: “Ibindi birakurikiranwa kugira ngo hamenyekane impamvu yateye ibi ndetse n’ababigizemo uruhare bakurikiranwe.”

Yasabye abaturage kwirinda urugomo, ubugome n’ibindi byaha bishobora gukorwa kuko bihanwa n’amategeko.

Ati: “Barakangurirwa kubana neza na bagenzi babo, kuko iyo ituze n’umutekano bihari, nibwo iterambere ryihuta.”

Umwe mu ba hafi y’umuryango w’uwatwikiwe yabwiye UMUSEKE ko ubwo bugizi bwa nabi bwabaye ahagana saa yine z’ijoro.

Avuga ko uwo mubyeyi n’abana be bibanaga, kuko hashize imyaka ibiri umugabo we yaragiye kwishakira undi mugore.

Asobanura ko ubwo uwo mubyeyi yumvaga imbwa imotse cyane, yabyutse kugira ngo arebe ibibaye, atungurwa n’ikibatsi cy’umuriro, yumva peteroli itangiye kumunukira.

Ati: “Arafungura, ibintu bitangira gufatwa, ama supaneti arafatwa, asohoka ajya kureba abandi bana bari mu kindi cyumba, ari nako avuza induru atabaza ko babatwitse.”

Abaturanyi batabaye barazimya, ari nabwo babonye ko umwana muto yahiye cyane, kuko ari we wari wegereye idirishya ry’icyumba cyahiye cyane.

Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Emmanuel Nzabonimpa, avuga ko hari amakuru ahari aganisha ku kuba abagize uruhare muri ubu bugizi bwa nabi bafatwa, kandi ko inzego zitandukanye zabyinjiyemo.

Yahumurije umuryango wagizweho ingaruka n’ibi bikorwa bibi, anasaba abaturage kwirinda amakimbirane, cyane cyane mu miryango.

Yagize ati: “Ibikorwa bibi nk’ibi ntabwo Leta y’u Rwanda yabirebera; natwe turahari ngo dukore ibishoboka byose kugira ngo abakora nk’ibi bagaragare kandi bakurikiranwe.”

Kugeza ubu, abahiye bari kwitabwaho n’abaganga ku kigo nderabuzima cya Kajevuba, gusa bari gusaba koherezwa (transfert) ngo bajye kuvurirwa ku Bitaro bya Byumba.

Previous Post

Bugesera: Abantu 8 barakekwaho kwica uwo bitaga umujura bamutwitse

Next Post

APR FC yahagaritse abakinnyi bayo babiri kubera imyitwarire mibi

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe
Amakuru

Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

by OMEGA BOY
June 12, 2026
Burera: Umunyeshuri yishwe na bagenzi be
Amakuru

Burera: Umunyeshuri yishwe na bagenzi be

by OMEGA BOY
June 12, 2026
Next Post
APR FC yahagaritse abakinnyi bayo babiri kubera imyitwarire mibi

APR FC yahagaritse abakinnyi bayo babiri kubera imyitwarire mibi

Please login to join discussion

Recommended

Itangazo rireba Abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta umwaka wa 2025-2026 ku gihe amanota yabo azasohokera

Abakobwa batsinze neza! Uko Abanyeshuri bitwaye mu bizamini bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange 2024-2025

August 19, 2025
M23 confirms that the DRC government has released detainees from Munzenze prison

M23 confirms that the DRC government has released detainees from Munzenze prison

February 7, 2025

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

June 13, 2026
Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe
Amakuru

Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

June 12, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In