Perezida Paul Kagame yayoboye inama y’Urwego Ngishwanama rwa Perezida, Presidential Advisory Council (PAC), urubuga rumuhuza n’inzobere z’abanyarwanda n’abanyamahanga kugira ngo bungurane ibitekerezo ku iterambere ry’u Rwanda.
Ni inama yabereye kuri Kigali Golf mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri.
Ibiganiro byabo byagarutse ku buryo bukwiriye gukoreshwa mu kwihutisha imibereho myiza n’iterambere ry’ubukungu no gukemura bimwe mu bibazo bireba akarere n’Isi muri rusange.
Mu bitabiriye ibiganiro, harimo Mushikiwabo Louise, usanzwe Umunyamabanga Mukuru wa OIF; harimo impuguke mu bukungu, Dr Donald Kaberuka; harimo kandi Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, uw’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Paula Ingabire n’abandi.





![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)


