• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Perezida wa Zambia yatewe amabuye n’abaturage [Video]

OMEGA BOY by OMEGA BOY
November 9, 2025
in Amakuru
559 5
0
Perezida wa Zambia yatewe amabuye n’abaturage [Video]
781
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, yahagaritse imbwirwaruhame ye bitunguranye nyuma y’uko umuntu utamenyekanye amutereye amabuye ubwo yavugiraga imbere y’imbaga, bituma asohorwa n’abashinzwe umutekano we mu buryo bwihuse.

Ibi byabereye mu ruzinduko yagiriraga mu Ntara ya Copperbelt, aho yari yasuye isoko rya Chiwempala riherereye mu karere ka Chingola, ryangijwe n’inkongi y’umuriro mu minsi yashize. Perezida yari ahafitiye gahunda yo guhumuriza abacuruzi bahuye n’ayo makuba no kubemerera inkunga ya miliyoni 10 z’ama-Kwacha yo kubafasha kongera kwiyubaka.

You might also like

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

Mu mashusho yagiye acicikana ku mbuga nkoranyambaga, hagaragaramo Perezida Hichilema ari hagati mu ijambo, hanyuma agahagarika kuvuga agasa n’urebye ku ruhande. Hashize amasegonda make, abashinzwe umutekano barasatira bamuhungisha, nyuma y’uko habonetse ibikoresho byaterwaga imbere aho yari ahagaze.

Amakuru aturuka mu binyamakuru byo muri icyo gihugu avuga ko abakoze icyo gikorwa ari abarobyi b’amabuye y’agaciro bakora mu buryo butemewe, bakomoka mu gace ka Senseli, bavugaga ko bifuza ko ibikorwa byabo byongera gukomorerwa nyuma yo kubihagarika kubera impanuka ikomeye yabaye mu 2023.

Muri iyo mpanuka, ibirombe byarahirimye bihitana abantu benshi, aho abagera kuri 27 bapfuye, abandi benshi bakaburirwa irengero. Ibikorwa byo kubashakisha byaje guhagarikwa kugira ngo birinde gushyira mu kaga abashakisha abandi.

Nyuma y’icyo gikorwa cy’urugomo, Perezida Hichilema yajyanwe ahatekanye, maze asaba abaturage gutuza no kureka imvururu, avuga ko ikibazo cyabo gikwiye gukemurwa mu nzira y’ibiganiro.

Previous Post

Rusizi: Umusaza warumaze igihe abwira abana be ko aziyahura yasanzwe mu mugozi yapfuye

Next Post

Kwizera Emelyne ‘Ishanga’ yabatijwe

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe
Amakuru

Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

by OMEGA BOY
June 12, 2026
Burera: Umunyeshuri yishwe na bagenzi be
Amakuru

Burera: Umunyeshuri yishwe na bagenzi be

by OMEGA BOY
June 12, 2026
Next Post
Kwizera Emelyne ‘Ishanga’ yabatijwe

Kwizera Emelyne ‘Ishanga’ yabatijwe

Please login to join discussion

Recommended

MINISANTE yatangaje uko icyorezo cya Ebola gihagaze mu Rwanda

MINISANTE yatangaje uko icyorezo cya Ebola gihagaze mu Rwanda

May 24, 2026
Haruna Niyonzima yasezeye burundu gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga

Haruna Niyonzima yasezeye burundu gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga

March 3, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

June 13, 2026
Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe
Amakuru

Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

June 12, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In