• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Murindahabi Irene yavuze ku magambo aherutse gutangawza na Vestina aca amarenga ko yatandukanye n’umugabo we

OMEGA BOY by OMEGA BOY
November 21, 2025
in IMYIDAGADURO
639 6
0
Murindahabi Irene yavuze ku magambo aherutse gutangawza na Vestina aca amarenga ko yatandukanye n’umugabo we
893
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Murindahabi Irene usanzwe ari umuyobozi wa MIE Empire ireberera inyungu itsinda ‘Vestine&Dorcas’ yavuze kuri Ishimwe Vestine ukomeje kurikoroza ku mbuga nkoranyambaga.

Uyu mugore aherutse kurikoroza nyuma y’uko asangije abamukurikira amagambo aca amarenga ko yaba atabanye neza n’umugabo we.

You might also like

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

Zari Hassan yatandukanye n’umugabo we

Umuhanzi Kirikou Akili ararembye

Mu butumwa yatambukije ku rukuta rwe rwa Instagram ariko agahita abusiba nyuma y’iminota mike, Vestine yagize ati “Uyu munsi ubuzima mbayeho si bwo nahisemo, ndi mu bihe bingoye kandi si byo nkwiye. Ndabizi ko nagize amahitamo mabi mu buzima bwanjye, ariko ntakundi. Imana yemera ko ibintu bimwe bitubaho kugira ngo tubyigiremo, narize bihagije. Nta mugabo uzongera kumbeshya ukundi ngo anyangirize ubuzima.”

Uyu mugore wumvikana nk’uwicuza cyane, yavuze ko niyongera kugira amahitamo y’umugabo bazabana, azaba ari uwo azi neza.

Ati “Ubutaha ninjya guhitamo umugabo tuzabana, azaba ari uwo tuziranye neza, nzi umuryango we ndetse na buri kimwe kuri we. Nta muntu uzongera kunkoresha ukundi.”

Nubwo ubu butumwa bwahise busibwa, Murindahabi yemeje ko bwasohotse kuri konti bwite ya Vestine icyakora abera ibamba umunyamakuru wifuzaga kumenya niba koko ariwe wari wabwanditse.

Yagize ati “Ibyo mwabonye byavuye ku rukuta rwa Instagram bwite rwa Vestine ni naho byahise bisibwa kubw’umutekano we. Ibirenze ibyo Uwiteka aduhane umugisha.”

Icyakora ku rundi ruhande, Murindahabi yavuze ko ibibazo by’ubuzima bwite bwa Vestine adashobora kubisubiza ahubwo ahamya ko umunyamakuru akwiye gushaka uyu muhanzi akaba ariwe abibaza.

Ati “Ibyo mumwandikire mubimubaze, ni ubuzima bwite bwe. MIE Music dukorana na Dorcas&Vestine […] umuhanzi agomba kugira ubuzima bwe bwite bw’umuhanzi kandi tukabwubaha.”

Ikindi kibazo Murindahabi yirinze gusubiza umunyamakuru ni ikijyanye n’impamvu batatahanye mu ndege nkuko bajyanye bajya muri Canada.

Ati “Amategeko y’indege ahamya ko abantu baziranye bagenda mu ndege imwe aba he? None se ubundi umwe aje mbere undi akaza nyuma ikibazo cyaba ari ikihe? Dorcas na Vestine ibyo bapfana n’abakunzi babo si ibitaramo n’indirimbo akabikorera aho ari ashaka? Yemerewe no kuvuga ngo ngiye kuruhuka akagenda, ikizima ni uko nta mezi atatu yashira utabonye igihangano cyiza, aho niho turebera.”

Murindahabi wageze i Kigali ku wa 19 Ugushyingo 2025 ari kumwe na Dorcas gusa, yakomeje kubera ibamba umunyamakuru wifuzaga kumenya niba Vestine yaba yaratashye i Kigali, icyakora ahamya ko ameze neza kandi bavugana.

Ati “Ameze neza n’ubu tumaze kuvugana ari amahoro. Imyaka bamaze mu muziki imaze kuba itanu, baciye mubintu byinshi bibategura ibi ari gucamo uyu munsi, ndanashimira Imana ku nkuru mbi nyinshi mwabakozeho zatumye bakomera.”

Murindahabi yavuze ko adashobora guhishura amakuru y’aho umuhanzi we ari ku bw’impamvu z’umutekano we, ati “Nkibona ukuntu mwese muraramye, nifuje ko aho umuhanzi wanjye ari bikomeza ari ibanga, kandi ibyo mbifite mu nshingano ku bwo kurinda amakuru ye.”

Uyu musore yongeyeho ko induru z’amakuru avugwa kuri Vestine, arizo zatumye indirimbo yabo nshya itajya hanze cyane ko we yemeza ko umurimo w’Imana ukorwa mu ituze.

Previous Post

Huye: Abantu batatu barimo Mudugudu bafunzwe bazira kumenya amakuru y’abishe umuntu bakaryumaho

Next Post

RDC: Abarimu 500 basezeye ku kazi bajya gucukura amabuye y’agaciro

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Zari Hassan yatandukanye n’umugabo we
IMYIDAGADURO

Zari Hassan yatandukanye n’umugabo we

by OMEGA BOY
June 12, 2026
Umuhanzi Kirikou Akili ararembye
IMYIDAGADURO

Umuhanzi Kirikou Akili ararembye

by OMEGA BOY
June 8, 2026
Kaminuza ya Harvest Christian yahaye Chris Brown impamyabumenyi y’ikirenga (PhD)
IMYIDAGADURO

Kaminuza ya Harvest Christian yahaye Chris Brown impamyabumenyi y’ikirenga (PhD)

by OMEGA BOY
May 24, 2026
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwashimangiye ko iguhano cyahawe Djihad, K John n’abo bareganwa kigumaho
Amakuru

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwashimangiye ko iguhano cyahawe Djihad, K John n’abo bareganwa kigumaho

by OMEGA BOY
May 19, 2026
Next Post
MINEDUC: Itangazo rigenewe abarimu bose bigisha mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye

RDC: Abarimu 500 basezeye ku kazi bajya gucukura amabuye y'agaciro

Please login to join discussion

Recommended

Nyarugenge: Abantu baherutse kugaragara mu mashusho bakubitira umuturage ku Kagali batawe muri yombi

RIB yataye muri yombi Umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa abashukishije amafaranga

January 20, 2026
Animateur wa Saint Trinité de Ruhango yatawe muri yombi akekwaho gusambanya abanyeshuri

Animateur wa Saint Trinité de Ruhango yatawe muri yombi akekwaho gusambanya abanyeshuri

December 11, 2025

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

June 13, 2026
Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe
Amakuru

Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

June 12, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In