• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwashimangiye ko iguhano cyahawe Djihad, K John n’abo bareganwa kigumaho

OMEGA BOY by OMEGA BOY
May 19, 2026
in Amakuru, IMYIDAGADURO
500 37
0
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwashimangiye ko iguhano cyahawe Djihad, K John n’abo bareganwa kigumaho
744
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwashimangiye igihano cy’igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 3 Frw cyari cyarahanishijwe Uzabakiriho Cyprien, Ishimwe François Xavier, Kwizera Nestor na Kalisa John uzwi nka K John kigumaho.

Ni nyuma yo kugaragaza ko hari ibimenyetso bikomeye byerekana ko Djihad ahamwa n’icyaha cyo kuba icyitso mu gusakaza amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina, Kalisa John, Kwizera Nestor na Ishimwe François Xavier bagahamwa n’icyo cyaha.

You might also like

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye

Rwanzuye ko ubujurire bwabo nta shingiro bukwiye guhabwa, rutegeka ko urubanza rwajuririwe rutagomba guhinduka.

Abaregwa bari basabye kugirwa abere ku cyaha cyo gusakaza amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina, mu gihe Kwizera Nestor uzwi nka Papy Nesta yemeye icyaha agasaba kugabanyirizwa ibihano.

Ibibazo byasuzumwe muri uru rubanza ni ukumenya niba abaregwa barahamijwe icyaha nta bimenyetso bihagije bihari no kumenya agaciro kahabwa ukwemera icyaha kwa Kwizera Nestor.

Ku byerekeye Djihad, Urukiko rusanga raporo yakozwe n’ishami rishinzwe kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga yagaragaje ko muri telefoni ze zari zarafatiriwe nta mashusho ya Yampano akora imibonano mpuzabitsina yakwirakwije ahubwo ko bayasanzemo.

Hari kandi indi raporo yerekanye kandi ko Rukundo ari we wohereje muri Group ya WhatsApp amashusho ya Yampano mu gihe hari n’igaragaza ko Djihad yari muri Group ya WhAtsap ishyirwamo amashusho y’urukozasoni.

Ku kijyanye no gusakaza screenshot Urukiko ruvuga ko bitaba bigize icyaha kuko nta kigaragaza ko yari amashusho y’urukozasoni.

Umucamanza yagaragaje ko icyo Djihad yakoze ari ugutiza umurindi abakwirakwije amashusho ya Yampano kuko yakoze ibiganiro kuri YouTube afite ingoma n’ifirimbi aririmba ngo ‘imipuri y’i Nyarugenge ijagaraye’, akaba yarashishikarije abayisakaje.

Hari kandi kuba ntacyo yakoze mu gihe amashusho ya Yampano yashyirwaga mu rubuga rwe bityo ko ahamwa n’icyaha cyo kuba icyitso muri icyo cyaha kuko imyitwarire ye yo kuririmba amashusho y’urukozasoni nta shingiro rufite.

Kwizera Nestor wemeye icyaha akanagisabira imbabazi ndetse agasaba kugabanyirizwa igihano cyangwa kugisubikirwa, Urukiko rusanga kuba yaremeye icyaha igihe cyo kujurira cyararenze nta gaciro bikwiye guhabwa.

Ukwemera icyaha kwa Papy Nesta ngo kwabaye mu gihe cy’iburanisha ry’urubanza mu bujurire naho mu rw’ibanze n’umwanzuro wo kujurira yari yatanze yahakanaga icyaha.

Ibyo bishingiye ku murongo watanzwe n’Urukiko rw’Ubujurire rwagaragaje ko ukwemera icyaha bwa mbere mu bujurire aba ari ingingo nshya kandi itemerwa mu bujurire ku buryo kwemera icyaha bwa mbere mu bujurire bitagira akamaro ngo kuko ujurira aba azanye ingingo nshya ataburanishije mu nkiko zibanza kandi umucamanza w’ubujurire afite gusa inshingano yo gukosora amakosa yaba yarakozwe n’izo nkiko.

Urukiko kandi rwerekanye ko Kalisa John yoherereje amashusho uwitwa Papa Cyangwe bityo ko kuba Urukiko rubanza rwaramuhamije icyaha nta nenge bifite.

Kuri Ishimwe we urukiko rwagaragaje ko atigeze agaragaza inenge anenga urukiko rubanza rwamuhamije icyaha kandi ko ibyagezweho mu iperereza bihagije ngo ahamwe na cyo.

Ku bijyanye n’ibihano, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwashimangiye ko Djihad ahamwa n’icyaha cyo kuba icyitso muri icyo cyaha, rwasanze ntacyo akwiye kugabanyirizwa.

Kuri Ishimwe, Kalisa John na Kwizera na bo ubujurire bwabo ntibwahawe ishingiro, bityo ibihano bahanishijwe mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro aba ari byo bigumaho.

Rwategetse ko Kalisa John atanga amagarama y’urubanza angana n’ibihumbi 20 Frw kuko aburana adafunzwe.

Previous Post

RCS yashyize umucyo ku bivugwa ko mu igororero rya Nyarugenge harimo indwara y’Iseru

Next Post

Nyuma y’imyaka 22 Arsenal yongeye kwegukana Premier League

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026
Amakuru

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

by OMEGA BOY
June 9, 2026
Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga
Amakuru

Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

by OMEGA BOY
June 8, 2026
Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye
Amakuru

Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye

by OMEGA BOY
June 8, 2026
Umuhanzi Kirikou Akili ararembye
IMYIDAGADURO

Umuhanzi Kirikou Akili ararembye

by OMEGA BOY
June 8, 2026
RwandAir yasubitse ingendo zijya n’iziva i Doha na Dubai
Amakuru

RwandAir yahagaritse gutwara abagenzi bava muri Sudani y’Epfo, Uganda na RDC bajya muri UAE kubera Ebola

by OMEGA BOY
June 7, 2026
Next Post
Nyuma y’imyaka 22 Arsenal yongeye kwegukana Premier League

Nyuma y'imyaka 22 Arsenal yongeye kwegukana Premier League

Please login to join discussion

Recommended

Nyiri SK FM ashobora kujyana Super Manager muri RIB

Nyiri SK FM ashobora kujyana Super Manager muri RIB

September 25, 2025
Nyamasheke: Umwana yatemye Se umuziza ko yamwimye umunani

Nyamasheke: Umwana yatemye Se umuziza ko yamwimye umunani

September 9, 2025

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026
Amakuru

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

June 9, 2026
Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga
Amakuru

Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

June 8, 2026
Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye
Amakuru

Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye

June 8, 2026
Umuhanzi Kirikou Akili ararembye
IMYIDAGADURO

Umuhanzi Kirikou Akili ararembye

June 8, 2026
RwandAir yasubitse ingendo zijya n’iziva i Doha na Dubai
Amakuru

RwandAir yahagaritse gutwara abagenzi bava muri Sudani y’Epfo, Uganda na RDC bajya muri UAE kubera Ebola

June 7, 2026
Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana
Amakuru

Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana

June 7, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

June 9, 2026
Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

June 8, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In