Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu, yemeje ko Abu-Bilal al-Minuki wafatwaga nk’Umuyobozi wungirije wa Islamic State (IS), yiciwe mu gitero cyagabwe n’ingabo z’icyo gihugu ku bufatanye n’iza Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ni igikorwa cyanatangajwe na Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Donald Trump.
Perezida Tinubu yagize ati “Ingabo zacu za Nigeria, ku bufatanye n’Ingabo za Leta zunze ubumwe za Amerika, zagabye igitero cyashegeshe ubuyobozi bwa Islamic State.”
Ku ruhande rwa Trump, yatangaje ko ibi ari urugero rufatika rw’ubufatanye nyabwo mu kurwanya iterabwoba.
Ni ikindi gikorwa gishegeshe ubuyobozi bwa Islamic State, nyuma y’urupfu rwa Abu Bakr al‑Baghdadi wayoboraga uyu mutwe, wishwe mu 2019.
Tinubu yatangaje ko al-Manuki yishwe ari kumwe n’abungiriza be, mu gitero cyagabwe mu kibaya cy’Ikiyaga cya Tchad. Icyo kibaya gihurirwaho n’ibihugu bya Nigeria, Tchad, Niger na Cameroon. Ni ahantu hakunze kuba ibirindiro by’imitwe ya Boko Haram na Islamic State.
Ingabo za Nigeria zatangaje ko igitero cyamuhitanye cyashobotse kubera ubufatanye bw’ingabo za Nigeria na Amerika n’imikoranire mu butasi.
Mbere yo kugirwa umuyobozi ukomeye muri Islamic State, al-Minuki uzwi ku yandi mazina nka Abu-Mainok, yari umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’uyu mutwe mu gace ka Sahel na Afurika y’Iburengerazuba.
Ashinjwa ko yaragize uruhare mu kujyana abarwanyi muri Libya, bo gufasha mu bikorwa bya Islamic state muri Afurika y’Amajyaruguru.
Mbere yo kujya muri IS mu 2015, yafatwaga nk’umwe mu bayobozi bakuru mu mutwe wa Boko Haram. Ashinjwa uruhare mu gushimuta abana b’abakobwa mu 2018, ubwo abagera ku 100 batwawe n’umutwe wa Boko Haram mu majyaruguru ya Nigeria.
Haram watangije ibitero bya gisirikare muri Nigeria mu 2009, ishaka kuhimika leta ya kiyisilamu. Yaje kunga ubumwe na Islamic State mu 2015.
Muri Mata, IS yigambye igitero cyagabwe n’umuntu witwaje intwaro, wishe abantu 29 abarasiye muri stade mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Nigeria.


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



