Sheikh Hasina wabaye Minisitiri w’Intebe wa Bangladesh yakatiwe igihano cy’urupfu adahari, nyuma yo guhamywa ibyaha byibasiye inyokomuntu, aho bivugwa ko yishe abantu 1400 biganjemo abanyeshuri, mu myigaragambyo ikomeye yamukuye ku butegetsi mu 2024.
Inteko y’abacamanza batatu b’Urukiko Mpuzamahanga rwa Bangladesh rukurikirana ibyaha by’intambara, yamuhamije ibyaha birimo gushishikariza urugomo, gutanga amabwiriza yo kwica no kunanirwa kubuza ibikorwa by’ihohotera, ubwo yari ayoboye igikorwa cyo guhashya abigaragambyaga barwanyaga Leta.
Mu gusoma umwanzuro, Umucamanza Golam Mortuza Mozumder yavuze ko “uwahoze ari Minisitiri w’Intebe yakoze ibyaha byibasira inyokomuntu ubwo yategekaga ko hakoreshwa indege zitagira abapilote, kajugujugu n’intwaro zica bikabije” ku baturage b’abasivili.
Hasina yari yahakanye ibyo aregwa byose, ndetse avuga ko uru rubanza “ari umukino wa politiki ugamije kumusenya.”
Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe uburenganzira bwa muntu byavuze ko iki gihano “ari intambwe ikomeye ku bahohotewe”, ariko binenga ko yahanishijwe igihano cy’urupfu.
Umuvugizi wa Loni, Ravina Shamdasani, yagize ati “Twahoraga dusaba ko abakoze ibi byaha, barimo n’abari ku rwego rwo hejuru mu buyobozi, babiryozwa hakurikijwe amahame mpuzamahanga…Ariko turavuga ko tudashyigikiye igihano cy’urupfu mu bihe byose.”
Urukiko rwaburanishije Hasina adahari, mu gihe cyose uru rubanza rumaze. Guhera ubwo yahungiraga hanze y’icyo gihugu muri Kanama umwaka ushize, Hasina yabaye mu buhungiro mu Buhinde, kandi ubutegetsi bw’u Buhinde bwanze ubusabe bwo kumushyikiriza Bangladesh ngo aburanishwe.
Abagize imiryango y’abaturage bishwe mu myigaragambyo bitereye hejuru, bakoma amashyi mu rukiko, ubwo hasomwaga igihano cy’urupfu kuri Hasina ndetse na Asaduzzaman Khan wahoze ari Minisitiri w’Umutekano imbere mu gihugu, bareganwa muri uru rubanza.
Kubura kwa Hasina mu rukiko byari bikomeye. Mu itangazo yashyize hanze nyuma y’uru rubanza, yavuze ko “atahawe amahirwe ahagije” yo kwiregura, anemeza ko ibyo yakoze byose byari “mu nyungu z’igihugu” mu rwego rwo kugarura ituze.














