• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

MINEMA yatangaje umubare w’abantu bishwe n’imvura imaze iminsi ibiri igwa

OMEGA BOY by OMEGA BOY
August 18, 2025
in Amakuru
495 20
0
MINEMA yatangaje umubare w’abantu bishwe n’imvura imaze iminsi ibiri igwa
714
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, MINEMA, yatangaje ko ibiza byakomotse ku mvura yaguye hagati ya tariki 16 na 17 Kanama 2025 byahitanye abantu batanu mu gihe abandi 25 bakomeretse.

Kuva muri Nyakanga 2025 hatangiye kugwa imvura mu gihe byari bimenyerewe ko ibihe by’impeshyi nta mvura igwamo yanagwa ikaba nke cyane.

You might also like

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

Muri Kanama ho abenshi bavugaga ko imvura igwa ku wa 15 gusa, umunsi Abakirisitu Gatolika bizihizaho Ijyanwa mu Ijuru rya Mariya ariko mu 2025 yaguye ari nyinshi ku wa 16 na 17 Kanama.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Ngonga Aristarque yabwiye RBA ko iyo igihugu kiva mu gihe cy’Icyi cyinjira mu Muhindo utangira muri Nzeri, ibihe biba biva mu bushyuhe bijya mu bukonje burimo imvura bityo hakabamo inkuba nyinshi.

Ati ‘’Ejo nimugoroba habaye inkuba nyinshi zatumye abantu batatu bitaba Imana abandi 11 barakomereka.’’

Yavuze ko nta mvura nyinshi imenyerewe muri Kanama ariko nanone ibiza biturutse ku nkuba n’imiyaga bijya bibaho.

Ati ‘’Ubusanzwe ntabwo ukwezi kwa Kanama ntabwo kurangwamo imvura…ariko ku wa 16 Kanama twagize imvura igwa hirya no hino mu gihugu ndetse no mu ijoro ryacyeye yaguye igeza no mu gitondo, icyo navuga ni uko muri icyo cyumweru cyose twagize impfu z’abantu zigera kuri eshanu, bane muri bo bishwe n’inkuba, umwe ni inzu yamugwiriye.’’

Abapfuye barimo abo mu karere ka Burera babiri, aka Gicumbi hapfuye umwe, mu Karere ka Ngororero hapfuye umwe n’umwe wo mu Karere ka Rusizi.

Ibiza bikomoka kuri iyi mvura kandi byakomerekeje abantu 25 barimo abo mu Karere ka Gicumbi, Gisagara, Kamonyi, Musanze, na Nyamasheke. Hangiritse kandi inzu 15.

Ngoga yasabye abantu ‘’kwitwararika kugira ngo yaba inkuba n’ibindi bitabatwara ubuzima.’’

Ati ‘’Ikindi ni imihindagurikire y’ibihe, na byo ntabwo twareka kubivuga. Ubusanzwe tumenyereye ko umuhindo ari wo ugaragaramo imvura utangira muri Nzeri. Kuba rero haguye iyi mvura yaguye hafi ijoro ryose ni cya kindi kinahamya ko ibihe bigenda bihinduka.’’

Ngoga yavuze ko uretse abantu n’inzu zangiritse hari n’ahagiye hagaragara umwuzure ariko udakanganye.

Ati ‘’Ibindi ni ukuba habaho amazi yuzura agafunga umuhanda, twabibonye nko muri Gatenga uyu munsi muri Kigali n’ahandi hirya no hino mu bishanga kubera imvura yaguye umwanya munini amazi yagiye azamuka ariko navuga ko ku bijyanye n’imigezi ntabwo yazamutse ku rwego ruri hejuru. Ni ukuzamuka by’umwanya muto ukongera ukamanuka.’’

Yahamije ko nubwo imvura yagwaga ari nyinshi ariko yacishagamo igahita, bituma nta myuzure yo ku rwego rwo hejuru yabayeho mu Rwanda hose.

Ngoga yashimangiye ko MINEMA ifatanyije n’uturere ifasha abangirijwe n’ibiza, hakabaho kwihanganisha ababuze ababo no kubafata mu mugongo.

MINEMA kandi isaba Abaturarwanda kwitwararika mu gihe imvura iguye umuntu ari hanze akinjira mu nzu, ugeze mu nzu akirinda gukoresha ibyuma bikoresha amashanyarazi mu gihe hari inkuba zikubita, kwirinda kujya kureka amazi yo hanze n’ibindi.

Inasaba kandi kuzirika ibisenge neza ku buryo zidasamburwa n’umuyaga, no gusiburura imiyoboro itwara amazi y’imvura kugira ngo igihe imvura iguye amazi abone aho anyura yisanzuye.

Previous Post

Burera: Abantu babiri bakubiswe n’inkuba

Next Post

NESA :LINK WAKORESHA UKURIKIRA IGIKORWA CYO GUTANGAZA AMANOTA KUWA 19/8/2025

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe
Amakuru

Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

by OMEGA BOY
June 12, 2026
Burera: Umunyeshuri yishwe na bagenzi be
Amakuru

Burera: Umunyeshuri yishwe na bagenzi be

by OMEGA BOY
June 12, 2026
Next Post
NESA :LINK WAKORESHA UKURIKIRA IGIKORWA CYO GUTANGAZA AMANOTA KUWA 19/8/2025

NESA :LINK WAKORESHA UKURIKIRA IGIKORWA CYO GUTANGAZA AMANOTA KUWA 19/8/2025

Please login to join discussion

Recommended

Muhanga: Urukiko Rwisumbuye rwategetse ko Avoka ukekwaho gusambanya umwana w’imyaka 15 afungwa iminsi 30 y’agateganyo

Muhanga: Urukiko Rwisumbuye rwategetse ko Avoka ukekwaho gusambanya umwana w’imyaka 15 afungwa iminsi 30 y’agateganyo

August 16, 2025
Intanga ngabo z’amafi zabaye imari ishyushye ku bakobwa bashaka kugira uruhu rwiza

Intanga ngabo z’amafi zabaye imari ishyushye ku bakobwa bashaka kugira uruhu rwiza

November 23, 2025

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

June 13, 2026
Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe
Amakuru

Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

June 12, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In