• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

U Rwanda rugiye gutangira gukoresha Drone mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange

OMEGA BOY by OMEGA BOY
September 3, 2025
in Amakuru
568 30
0
U Rwanda rugiye gutangira gukoresha Drone mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange
828
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Mu minsi iri imbere mu kirere cy’Umujyi wa Kigali hazaba hagaragara indege nto zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange buzwi nka taxi, mu kurushaho kwimika ubwikorezi bw’abantu n’ibintu bwo mu kirere bwifashisha indege nto zitwara mu mijyi buzwi nka Urban Air Mobility (UAM).

Ni ubwikorezi bugiye kuzanwa bwa mbere muri Afurika n’Ikigo cy’Abashinwa cyitwa EHang, kimaze kuba ubukombe ku rwego mpuzamahanga mu ikoranabuhanga rigezweho mu by’indege no gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange.

You might also like

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

Iyo gahunda igiye gutangirizwa mu Nama Nyafurika ya 9 yiga ku guteza imbere Ubwikorezi bwo mu Kirere iteranira i Kigali ku wa 4-5 Nzeri 2025, ikaba igiye gushyirwa mu bikorwa ku bufatanye bwa Guverinoma y’u Rwanda n’Ikigo cy’Abashinwa Kizobereye Gukora Imihanda n’Ibiraro (CRBC).

Bivugwa ko Isosiyete Mpuzamahanga ya EHang, ifitanye imikoranire na CRBC isanzwe ikorera mu Rwanda no mu bindi bice by’Afurika no ku Isi mu kurushaho kwagura isoko ryayo ku rwego mpuzamahanga, bakaba baramaze gutangiza indege nto za mbere zikoresha amashanyarazi (eVTOL) zo mu bwoko bwa EH216-S.

Gutangiza umushinga w’indege zikora taxi mu Rwanda, bishimangira umwanya w’u Rwanda wo kuba icyicaro cy’ahageragerezwa hakanatangirizwa ikoranabuhanga mu by’indege.

Guverinoma y’u Rwanda igarfagaza ko mu gufatanya na CRBC bizayifasha kubyaza umusaruro ubunararibonye n’ubuhanga bwayo mu bwenjenyeri mu gihe u Rwanda rugamije kubaka uruhererekane rw’Ubwikorezi bwo mu Kirere bugezweho (AAM), rikaba ari ikoranabuhanga rigezweho rifasha kugabanya umuvundo w’ibinyabiziga mu mihanda, bugahuza imiryango kandi bugatanga n’uburyo burambye bw’ubwikorezi.

Kugurutsa bwa mbere iyo ndege ya EH216-S bizaba bigize intambwe ikomeye cyane muri Afurika n’akabarore k’amavugurura n’amabwiriza bikenewe kugira ngo ubu bwikorezi burusheho gushinga imizi muri Afurika.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr. Gasore Jimmy, yagize ati: “U Rwanda rukomeje gushyira imbaraga nyinshi mu kubaka ahazaza hahebuje, aho imijyi izaba irushijeho guhuzwa ndetse n’ubukungu bukaba burushaho gutera imbere binyuze mu bisubizo bishya by’ubwikorezi.”

Yakomeje ahamya ko ubufatanye bw’u Rwanda na CRBC butanga umusingi ukomeye wo kuzana ikoranabuhanga rishya n’ubunararibonye.

Ati: “Mu gukorana kuri izo ngendo zo mu kirere z’amateka, ntituri kugaragaza gusa ahazaza h’urwego rw’indege ahubwo turanashimangira ukwiyemeza kwacu mu guteza imbere ikirere cy’ubwikorezi bwo mu kirere butekanye, buteye imbere kandi bugenzurwa kinyamwuga.”

HUANG Oifin, Umuyobozi wa CRBC mu Rwanda, na we yavuze ko batewe ishema no gufatanya na Guverinoma y’u Rwanda muri uyu mushinga ushyigikira icyerekezo cy’Igihugu cyo kuba intangarugero mu ikoranabuhanga rigezweho mu rwego rw’indege.

Ati: “Mu kubyaza umusaruro imbaraga dufite mu bwubatsi n’umubano mpuzamahanga, twiteguye gukorana n’u Rwanda mu kurushaho kugenzura amahirwe ari mu bukungu bucyiyubaka maze tugahanga uburyo bushya bw’iterambere ku mugabane.”

CRBC ni ikigo gikorera mu bihugu birenga 70 kikaba gitanga serivisi zo kubaka imihanda, ibiraro, ibyambu, imihanda ya gariyamoshi, ibibuga by’indege no kubicunga byose.



Previous Post

Umuraperi Diplomate yapfushije Umubyeyi

Next Post

ITANGAZO RIJYANYE NA GAHUNDA Y’INGENDO Z’ABANYESHURI BIGA BACUMBIKIWE MU MASHURI AHEREREYE MU KARERE KA MUSANZE NA RULINDO

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe
Amakuru

Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

by OMEGA BOY
June 12, 2026
Next Post
ITANGAZO RIJYANYE NA GAHUNDA Y’INGENDO Z’ABANYESHURI BIGA BACUMBIKIWE MU MASHURI AHEREREYE MU KARERE KA MUSANZE NA RULINDO

ITANGAZO RIJYANYE NA GAHUNDA Y’INGENDO Z’ABANYESHURI BIGA BACUMBIKIWE MU MASHURI AHEREREYE MU KARERE KA MUSANZE NA RULINDO

Please login to join discussion

Recommended

Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi 5741

Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi 5741

April 9, 2026
Rwamgana: Inzoga zakorwaga mu itabi,urusenda n’isabune zamenwe

Rwamgana: Inzoga zakorwaga mu itabi,urusenda n’isabune zamenwe

November 10, 2025

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

June 13, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In