• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

U Rwanda rwikomye RDC ishoza imirwano yatsindwa ikiriza

OMEGA BOY by OMEGA BOY
December 10, 2025
in Amakuru
532 6
0
U Rwanda rwikomye RDC ishoza imirwano yatsindwa ikiriza
744
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yongeye kwamagana abayobozi ba RDC bayishinja kurenga ku masezerano, nyamara ari bo barenga ku gahenge bagashoza intambara ihitana ubuzima bw’abaturage, bakavuga ibinyoma ko intandaro ari u Rwanda.

Umuvugizi wa Guverinoma, Yolande Makolo, yavuze ko Leta ya RDC idashobora gukurikirana inzira yo guhagarika imirwano kandi ari yo gashozantambara.

You might also like

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

Yasubizaga Minisitiri w’Itangazamakuru Patrick Muyaya, wasobanuraga ko Perezida Tshisekedi yavuze ko u Rwanda rurenga ku masezerano rugaba ibitero muri Kivu y’Amajyepfo.

Ibyo byegekwa ku Rwanda ni intambara ishyamiranyije abarwanyi ba AFC/M23 n’ihuriro rigizwe na FARDC, Wazalendo, FDLR, Ingabo z’u Burundi n’abandi.

Mu gihe RDC ikomeje gukorana bya hafi n’u Burundi mu guhangana na M23, Muyaya we yavuze ko u Rwanda ari rwo rwihishe inyuma yo gushaka guteza intambara y’Akarere.

Yolande Makolo yamaganye amagambo y’abayobozi ba Congo bavanga ibibazo bibiri bitandukanye, ashimangira ko u Rwanda ntaho ruhuriye n’imirwano ikomeje muri Kivu y’Amajyepfo.

Yanenze Leta ya Congo ikomeje kwiriza kandi ibizi ko irenga ku masezerano yagiranye n’umutwe wa AFC/M23 yo guhagarika intambara no gufata izindi ntambwe ziganisha ku mahoro.

Yagize ati: “Ibyo binyoma birahagije. RDC ntishobora kuba umugenzuzi wo guhagarika imirwano mu gihe namwe ubwanyu murimo kurenga ku masezerano yo gutanga agahenge, ndetse mutanafite umugambi wo kubaha amasezerano ya Washington RDC mwamaze gushyiraho umukono.”

Kugeza ubu, abarwanyi ba AFC/M23 bamaze gufata umujyi wa Uvira, aho ihuriro ry’ingabo za Leta ryahungiye mu Burundi, mu gihe abandi berekeza i Kalemie.

Ubuyobozi bwa AFC/M23 butangaza ko butazateshuka ku gushyigikira ibiganiro by’amahoro bya Doha bahuriramo na Guverinoma ya RDC, ariko aya yo muri Washington ntabureba.

Previous Post

Umusirikare w’u Bwongereza yapfiriye muri Ukraine

Next Post

Rutsiro: Umupolisi yarashe umuturage n’umu-DASSO na we arirasa ahita apfa

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe
Amakuru

Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

by OMEGA BOY
June 12, 2026
Burera: Umunyeshuri yishwe na bagenzi be
Amakuru

Burera: Umunyeshuri yishwe na bagenzi be

by OMEGA BOY
June 12, 2026
Next Post
Rutsiro: Umupolisi yarashe umuturage n’umu-DASSO na we arirasa ahita apfa

Rutsiro: Umupolisi yarashe umuturage n’umu-DASSO na we arirasa ahita apfa

Please login to join discussion

Recommended

Vinícius Júnior is going to buy a team in Portugal

Vinícius Júnior is going to buy a team in Portugal

January 11, 2025
Uko umunya-Afurika yibye Abanyamerika miliyari 15 Frw ababeshya urukundo

Uko umunya-Afurika yibye Abanyamerika miliyari 15 Frw ababeshya urukundo

March 14, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

June 13, 2026
Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe
Amakuru

Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

June 12, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In