• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Coach Gaël arashaka kugura indege ye bwite

OMEGA BOY by OMEGA BOY
September 30, 2025
in IMYIDAGADURO
458 4
0
Coach Gaël arashaka kugura indege ye bwite
640
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Karomba Gaël umaze kumenyekana nka Coach Gaël mu myidagaduro na siporo mu Rwanda, yatangaje ko mu myaka 10 iri imbere, kimwe mu bintu azaba yaramaze kugeraho ari kugira indege ye bwite cyangwa se ‘private jet’.

Yabigarutseho mu kiganiro ‘Password’ gitambuka kuri Televiziyo y’Igihugu, gitumirwamo abantu batandukanye bakaganiriza urubyiruko ku kwiteza imbere. Aho amashusho afite muri telefoni ye y’ibyo yifuza kuzageraho, yagaragaje ko mu ntumbero afite harimo ibintu byinshi bitandukanye.

You might also like

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

Zari Hassan yatandukanye n’umugabo we

Umuhanzi Kirikou Akili ararembye

Uyu mugabo w’imyaka 37 yavuze ko ashaka gushinga ikigo gifasha abana b’imfubyi nibura ibihumbi birindwi no kuzandika ibitabo birimo kimwe azashyira hanze nagira imyaka 40.

Mu bindi yavuze ati “Ndashaka gukora igitangazamakuru cyigisha ubushabitsi. Ikindi urabona uyu mugabo ahagaze muri ‘private jet’, ni ikintu ntekereza kuko indege kenshi zingora nshaka kuzagura iyanjye, ndetse nshaka kuzagira kompanyi igura izindi no kuba umuntu ufite ubuzima buzira umuze kubera siporo.”

Yakomeje agira inama urubyiruko rwari rwitabiriye iki kiganiro, avuga ko kugira inzozi ari byiza ariko na none umuntu uzifite aba agomba kugira icyo akora kugira ngo azazigereho. Ati “No mu buzima busanzwe iyo ushaka ikintu urahaguruka ukagifata.”

Coach Gaël wabaye umuvugabutumwa ubwo yabaga mu Buhinde, yabajijwe niba ateganya kuzakomeza uyu muhamagaro, avuga ko bigoye. Ati “Ibyo kubwiriza Ijambo ry’Imana kwifuza kubigarukamo mu buryo nabikoragamo byo ‘oya’. Mfite uburyo bushyashya ndimo kubikoramo kandi ni ubu bwo kuganiriza urubyiruko n’abandi, mbatera imbaraga.”

Uyu mugabo kandi yabajijwe uko afata urwego amaze kugera mu bushabitsi mu Rwanda, avuga ko rutaramushimisha kuko agihuze cyane.

Ati “Navuga ko urwego ngezeho rutanshimisha kuko hari akazi kenshi ko gukora. Ikintu cya mbere nshaka gukora ni uko ubushabitsi ndi gukora ubu, mu myaka ibiri iri mbere nzaba narabuvuyemo. Urwego ndiho ntabwo runshimishije cyane kuko ndacyahuze.”

Coach Gaël yavuze ko ubuzima bwe n’iterambere amaze kugeraho byubakiye ku bintu bibiri by’ingenzi, bimufasha mu buzima bwe bwa buri munsi.

Ati “Umuvuno wanjye, icya mbere ni ukwiga, ndi umuntu wiga cyane. Mba ntinya ko Isi yansiga, buri munsi mba ngomba kumenya ikintu kigezweho, ikoranabuhanga rigezweho n’ibindi. Icya kabiri ndi umuntu ugira icyizere, ko ibyo niyemeje gukora bizashoboka.”

Indi nkuru wasoma: Umunyamasengesho wirundumuriye mu myidagaduro: Ubuzima bwa Coach Gaël wahoze akarabya ’ipusi’

Previous Post

Mama Sava yahishuye ko yasubiranye n’umusore babyaranye umwana wa mbere

Next Post

Karongi: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo waruvuye kugabana amafaranga mu kimina

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Zari Hassan yatandukanye n’umugabo we
IMYIDAGADURO

Zari Hassan yatandukanye n’umugabo we

by OMEGA BOY
June 12, 2026
Umuhanzi Kirikou Akili ararembye
IMYIDAGADURO

Umuhanzi Kirikou Akili ararembye

by OMEGA BOY
June 8, 2026
Kaminuza ya Harvest Christian yahaye Chris Brown impamyabumenyi y’ikirenga (PhD)
IMYIDAGADURO

Kaminuza ya Harvest Christian yahaye Chris Brown impamyabumenyi y’ikirenga (PhD)

by OMEGA BOY
May 24, 2026
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwashimangiye ko iguhano cyahawe Djihad, K John n’abo bareganwa kigumaho
Amakuru

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwashimangiye ko iguhano cyahawe Djihad, K John n’abo bareganwa kigumaho

by OMEGA BOY
May 19, 2026
Next Post
Karongi: Abagabo babiri bishe umusore wabishyuzaga ibiceri 400 Frw

Karongi: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo waruvuye kugabana amafaranga mu kimina

Please login to join discussion

Recommended

Mazimpaka Japhet yagizwe Umuyobozi wa KC2

Mazimpaka Japhet yagizwe Umuyobozi wa KC2

March 13, 2026
Miss Mutesi Jolly yahaye Nel Ngabo na Platin P miliyoni 10 Frw

Miss Mutesi Jolly yahaye Nel Ngabo na Platin P miliyoni 10 Frw

August 30, 2025

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In