Abantu babiri barakekwaho kwica abagabo babaziza kwiba ihene, nk’uko byemejwe na Polisi ikorera mu Ntara y’Amajyepfo.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo iratangaza ko abantu babiri bakekwaho kwica abibye ihene batawe muri yombi.
Amakuru avuga ko mu mudugudu wa Buruba mu kagari ka Butara, mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza mu ijoro ryo ku wa 07 Mutarama 2026 hari abantu babateye biba ihene.
Bukeye bwaho kuwa Kane tariki 08 Mutarama 2026 bajya gushaka izo hene, basanga aho abazibye bari, abandi barabarwanya.
Bariya bakekwaho ubujura bari bafite imihoro, habaho kurwana abaturage barahurara, abandi birwanaho ndetse bamwe mu bashakaga ihene zabo barakomereka, ariko abakekwaho ubujura babiri barapfa.
Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo CIP Kamanzi Hassan yavuze ko hari ibikorwa byabayeho byo guhangana, bamwe barakomereka abandi barapfa.
Yagize ati “Polisi yafashe abagabo babiri bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Busasamana.”
Amakuru akomeza avuga ko bariya bapfuye ngo bari barazengereje abaturage babiba ndetse mu bihe bitandukanye bagiye bafungwa bagafungurwa nabwo bazira kwiba.
Polisi irasaba abaturage kwirinda ubujura, ndetse abaturage bakirinda kwihanira. Amakuru avuga ko imwe muri ziriya hene zibwe yabonetse ihita ibyara.


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



