• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Uyu munsi tariki ya 1 Mata ni umunsi wo kubeshya, menya kandi usobanukirwe inkomoko yawo

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 1, 2026
in Amakuru
494 32
0
Uyu munsi tariki ya 1 Mata ni umunsi wo kubeshya, menya kandi usobanukirwe inkomoko yawo
728
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Tariki ya 1 Mata yizihizwa ku Isi yose nk’umunsi wo kubeshya (Fool’s Day), abantu benshi bakabeshya bagamije kwishimisha no gutera urwenya, aho usanga hari n’abadatinya kubeshya ko bamwe bitabye Imana, bakoze impanuka n’ibindi bishobora gukura umuntu umutima.

Nubwo ari uko bimeze, ariko benshi mu bantu usanga bibaza impamvu n’inkomoko y’uyu munsi.

You might also like

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Nubwo inkomoko y’uyu munsi ikiri amayobera, ariko hari amakuru avuga ko watangiye kwizihizwa mu 1582, igihe u Bufaransa bwahindukaga kuri kalendari ya Julian bugatangira gukurikiza iya Geregori, bukimura itangira ry’umwaka mushya kuva ku ya 1 Mata kugeza ku ya 1 Mutarama.

Kubera iyo mpamvu, abantu bakomeje kwizihiza umwaka mushya ku ya 1 Mata hanyuma abakomeje kuwizihiza uwo munsi bakabavugiraho ko ari umunsi w’ibicucu(Fool’s day).

Izindi nyandiko zigaragaza ko umunsi wo kubeshya ahandi witwa (Umunsi w’ibicucu, uwabapfapfa) watangiye kwizihizwa mu 1686 mu Bwongereza, igihe umwanditsi w’amateka John Aubrey yavuze ko ku ya 1 Mata ari “umunsi wo kubeshya umuntu ukamurindagiza”.

Gufata tariki ya 1 Mata nk’umunsi wo kubeshya, byakomeje gukorwa kugeza ubwo mu kinyejana cya 18 iyo migenzo yari yarakwirakwiye mu Bwongereza, nyuma biza gukwira ku Isi hose mu kinyejana cya 19.

Aha hari bimwe mu binyoma byateje akajagari ku mbuga nkoranyambaga byatangajwe n’ibyamamare bitandukanye ku munsi wo kubeshya.

Umuraperi w’umunyamerika Jayceon Terrell Taylor uzwi cyane nka The Game, tariki ya 1 Mata 2011, yateje akajagari  ubwo yasangizaga abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga  inomero ya telefone avuga ko ari iy’ikigo cy’ishuri kitwa “Compton high school” umuntu yahamagaraho agahabwa umwanya wo kwimenyereza umwuga, abamukurikira bakomeje guhamagara iyo nomero ya telefone kugeza igihe bayifungiye, bituma icyo kigo kimujyana mu nkiko, kimushinja kwanduza izina ryacyo, mu kwiregura akavuga ko wari umunsi wo kubeshya.

Mu 2019, Umuhanzi Justin Beiber yahatiwe gusaba imbabazi abamukurikira ubwo yabasangizaga ifoto  y’umugore we Bailey Bieber imugaragaza asa nk’utwite, nyuma uyu mugore akaza kugaragaza ko ari urwenya adatwite, ahubwo umugabo we yabyifashishije mu gukora urwenya rwo ku munsi wo kubeshya.

Ibi byarakaje cyane abamukurikira bamusaba gusaba imbabazi kuko ibintu yakinishije bidakinishwa.

North West na Saint West, ni abana b’umuraperi Kanye West, bateguye kubeshya se ubabyara urupfu rwa Kim Kadashian mu 2019, basaba Kim kop bamusiga Kechup ku maso bakamuryamisha akamera nk’uwaguye mu bwogero batangira kurira bavuga ko nyina yapfuye ibyananiye Kim Kadashian kubyihanganira akababwira ati: “Mwa bana mwe ibi si ibintu byo gukinisha, iyi ni imikino mibi.”

Ni umunsi usanga abantu babeshyanya bagamije kwishimisha baba bari kumwe cyangwa batari kumwe, gusa hari abatabibona neza, cyane cyane abashyize imbere imyemerere y’amadini.

Previous Post

Kigali: Hagiye gufungurwa akabyiniro k’indirimbo z’Imana

Next Post

Polisi y’u Rwanda yahagaritse Ikigo SCAR Ltd gitanga serivisi yo gucunga umutekano

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Next Post
Polisi y’u Rwanda yahagaritse Ikigo SCAR Ltd gitanga serivisi yo gucunga umutekano

Polisi y’u Rwanda yahagaritse Ikigo SCAR Ltd gitanga serivisi yo gucunga umutekano

Please login to join discussion

Recommended

Juno Kizigenza yasabwe gukura izina ‘Rutwitsi’ muyo asanzwe akoresha

Juno Kizigenza yasabwe gukura izina ‘Rutwitsi’ muyo asanzwe akoresha

February 4, 2026
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Urwego Ngishwanama rwe – Amafoto

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Urwego Ngishwanama rwe – Amafoto

October 14, 2025

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In