Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yakuyeho Pam Bondi wari Minisitiri w’Ubutabera, kubera ibibazo bitandukanye by’umusaruro nkene no kugenda biguru ntege mu gushyira hanze inyandiko za Jeffrey Epstein.
Trump yagaragaje ko amushimira akazi yakoze ariko bikavugwa ko hari aho byageze akajya atinza imyanzuro nk’igihe hari abantu bavuze nabi Trump ku buryo bakwiye kujyanwa mu mategeko ariko Bondi agatinza ibyo birego.
Bondi yahise asimburwa n’uwari Minisitiri w’Ubutabera Wungirije wanabaye umunyamategeko wihariye wa Trump, Todd Blanche, nk’uko Trump yabitangaje.
Trump yashimiye Bondi, avuga ko ari Umunyamerika ukomeye ndetse ukunda igihugu, anamushimira kuba yari inshuti ye ikomeye. Trump yavuze ko Bondi azajya gukorera mu rwego rw’abikorera ariko ntiyatangaza aho ari ho.
Bondi abinyujije ku rubuga rwa X yagaragaje gukorera uru rwego byari ishema kuri we.
Ati “Kuyoborana na Trump muri bikorwa byo kugira Amerika igihugu gitekanye byari ishema kuri njye nzabizirikana ubuzima bwanjye bwose.”
Mu buyobozi bwe, Bondi wari umaze umwaka urenga kuri iyi mirimo yakundaga gushyigikira politiki na gahunda za Trump, ndetse no mu gihe cy’iperereza yemereraga White House kugira ijambo, ibidasanzwe bikorwa kuko Urwego rw’Ubutabera (DOJ) kuko rwigenga.
Ibibazo byaje kuvuka ubwo abaturage ndetse na Guverinoma byasabaga ko dosiye za Epstein zishyirwa hanze akabigendamo biguru ntege, akabirwanya avuga ko binyuranyije n’amategeko.
Ibi byatumye abagize guverinoma batangira kugaragaza ko batishimiye imiyoborere ya Bondi ndetse bagaragaza ko hari n’ibindi birego akereza nkana.
Jeffrey Epstein yari umunyemari ukomeye watawe muri yombi mu 2019 akurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo gucuruza abana bato hagambiriwe kubashora mu busambanyi, abifashijwemo na Ghislaine Maxwell bigeze gukundanaho na we wakatiwe igifungo cy’imyaka 20 mu 2022.
Epstein yapfiriye muri gereza nyuma y’ukwezi bivugwa ko yiyahuye. Gusa benshi baracyemeza ko yishwe kugira ngo hatagira amabanga amuvamo, akandagaza bamwe mu bayobozi bakomeye ku Isi.


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



