Umunyamideli Zari Hassan, wamamaye nka The Boss Lady, yatangaje ko yatandukanye n’umugabo we Shakib Cham Lutaaya nyuma y’imyaka itanu bari bamaranye.
Aya makuru yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, ubwo Zari yashyiraga kuri Instagram ubutumwa buhuriweho na bombi, bugaragaza ko bafashe umwanzuro wo gutandukana nyuma y’igihe batekereza ku hazaza h’umubano wabo.
Muri ubwo butumwa, Zari na Shakib bavuze ko bahisemo gutandukana kubera ibyo bise “ubwumvikane buke butagishobora gukemuka.” Bavuze ko nubwo uyu mwanzuro utari woroshye, basanze ari wo ubereye buri wese muri bo.
Bati “Nyuma y’imyaka itanu, tumaze kubitekerezaho bihagije, twasanze ari byiza ko buri wese aca inzira ye kubera ubwumvikane buke butagishobora gukemuka. Nubwo atari umwanzuro woroshye, twumva ari wo ukwiye kuri twembi.”
Aba bombi bavuze ko batandukanye nta rwango cyangwa inzika bafitanye, ahubwo ko ari abantu babiri bakuriye mu nzira zitandukanye. Bashimangiye ko bazakomeza guhana agaciro, kubahana no kugumana ubucuti.
Bakomeje bati “Nta burakari cyangwa inzika bihari. Rimwe na rimwe abantu babiri bahitamo inzira zitandukanye. Turacyahana agaciro kandi tuzakomeza kuba inshuti mu bwubahane no mu bwumvikane.”














