• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Abadepite batoye itegeko rishya rigenga ikoreshwa ry’umuhanda ririmo ko uzajya ahagarikwa akanga guhagarara azajya akatirwa igifungo

OMEGA BOY by OMEGA BOY
January 6, 2026
in Amakuru
553 5
0
Abadepite batoye itegeko rishya rigenga ikoreshwa ry’umuhanda ririmo ko uzajya ahagarikwa akanga guhagarara azajya akatirwa igifungo
773
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite yatoye itegeko rishya rigenga ikoreshwa ry’umuhanda rivugurura iryari rimaze imyaka 38 rikoreshwa kandi ritari rikijyanye n’igihe, ririmo ibihano bikarishye ku bica amategeko agenga imikoreshereze y’umuhanda.

Iryo tegeko ryakozwe kugira ngo rihuzwe n’igihe kigezweho, aho n’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga ryibanzweho cyane.

You might also like

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Iri tegeko rishingiye ku kwimakaza ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rigezweho, mu rwego rwo kurushaho gukorera mu mucyo no kubazwa inshingano, hagamijwe kunoza umutekano wo mu muhanda no kugabanya impanuka n’abo zihitana.

Kugeza ubu mu Rwanda hakoreshwaga itegeko nimero 34/1987 ryo ku wa 17 Nzeri 1987 rivugururwa kugira ngo iri tegeko n’amateka arishyira mu bikorwa bihuzwe n’igihe.

Itegeko rishya ryatowe kuri uyu wa 5 Mutarama 2026, Saa Tatu n’Igice z’ijoro, ritorwa n’Abadepite 77 bari bitabiriye Inteko Rusange nyuma yo kumara umunsi wose basuzuma, bakanatora ingingo zirigize imwe ku yindi.

Ni itegeko rigaragaza impinduka bijyanye n’aho icyerekezo igihugu kiri kuganamo ndetse ku ngingo zirebana n’ibihano bisa n’aho bikakaye mu rwego rwo guca intege abica nkana amategeko y’umuhanda no kwimakaza imyitwarire myiza.

Ingingo ya 37 y’iryo tegeko, igena ko umuyobozi w’ikinyabiziga utwara ikinyabiziga yarengeje igipimo ntarengwa cya alcohol mu maraso aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa ihazabu itari munsi ya 100.000 Frw ariko itarenze 400.000 Frw n’igifungo kitari munsi y’amezi atatu ariko kitarenze amezi atandatu, iyo atwaye ikinyabiziga gitwara abantu mu buryo bwa rusange; abanyeshuri; abakozi hamwe; ba mukerarugendo; imizigo irengeje toni 3,5; cyangwa agamije kwinjiza amafaranga.

Icyo cyaha kandi gihanishwa ihazabu itari munsi ya 150.000 Frw ariko itarenze 300.000 Frw n’igifungo kitarengeje iminsi 10 cyangwa kimwe muri ibyo bihano, ku muyobozi w’ikinyabiziga bitavuzwe haruguru.

Riteganya kandi ko umuyobozi w’ikinyabiziga kitavuzwe haruguru, ufite igipimo cya alcohol mu maraso gikubye nibura inshuro ebyiri z’igipimo ntarengwa cya 0.80, ahanishwa ihazabu itari munsi ya 200.000 Frw ariko itarenze 500.000 Frw n’igifungo kitari munsi y’amezi atatu ariko kitarengeje amezi atandatu cyangwa kimwe muri ibyo bihano.

Biteganyijwe kandi ko iyo umuyobozi w’ikinyabiziga yongeye gukora icyaha giteganywa n’iyi ngingo mu gihe kitarengeje umwaka umwe ahanishwa igihano ntarengwa giteganyijwe n’iyi ngingo kandi icyo gihano gishobora kongerwa kugeza ku nshuro ebyiri zacyo.

Iri tegeko kandi riteganya ko umuyobozi w’ikinyabiziga wanga gupimwa alcohol mu maraso aba akose icyaha, iyo abihamijwe n’urukiko azajya atanga ihazabu itari munsi ya 300.000 Frw ariko itarenze 600.000 Frw n’igifungo kitari munsi y’amezi atatu ariko kitarenze amezi atandatu ku utwaye kimwe muri bya binyabiziga byavuzwe hejuru.

Hari n’ihazabu itari munsi ya 400.000 Frw ariko itarenze 600.000 Frw n’igifungo kitarengeje iminsi 10 cyangwa kimwe muri ibyo bihano ku wundi.

Depite Mukabunani Christine we yagize ati “Njyewe ndumva ko ibi bihano aho bishoboka gufunga umuntu bitazamo. Ashobora nko guhagarikwa igihe gutwara igihe runaka ariko gufungwa bibe biretse. Numvaga hazamurwa amafaranga abantu bacibwa gufungwa ntitubishyiremo.”

Depite Nizeyimana Pie ati “Ibi bihano byo gufunga no gufungura bizadutera ihahamuka.”

Perezida wa Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano, Amb. Tumukunde Hope Gasatura, yavuze ko ibihano biteganyijwe bigamije guhindura imyumvire ku gukoresha umuhanda.

Ati “Uburemere bw’ibyaha, ingaruka bigira ku buzima bw’abantu ndetse no kuba ari itegeko rigomba guteganya ibihano bikakaye, natwe twabitekerejeho cyane. Ibyo twakoze bijyanye n’ikibazo dufite kandi tugomba kugira uruhare mu kubikemura.”

Iyo umuyobozi w’ikinyabiziga yongeye gukora icyaha giteganywa n’iyi ngingo mu gihe kitarengeje umwaka umwe, ahanishwa igihano ntarengwa giteganyijwe n’iyi ngingo kandi icyo gihano gishobora kongerwa kugeza ku nshuro ebyiri zacyo.

Abanga guhagarara bashobora gufungwa amezi atandatu

Ingingo ya 39 y’iri tegeko iteganya ko Umuyobozi w’ikinyabiziga uhagaritswe n’umugenzacyaha cyangwa umukozi ubifitiye ububasha akanga guhagarara, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa ihazabu itari munsi ya 400.000 Frw ariko itarenze 700.000 Frw n’igifungo kitari munsi y’amezi atatu ariko kitarengeje amezi atandatu.

Ku bijyanye no gutwara ikinyabiziga nta ruhushya rwo kugirwa agira, ahanishwa igifungo kitari munsi y’iminsi 15 ariko kitarenze iminsi 30 n’ihazabu itari munsi ya 100.000 Frw ariko itarenze 200.000 Frw cyangwa kimwe muri ibyo bihano.

Mu kugenza ibyaha bihungabanya umutekano wo mu muhanda, umugenzacyaha akora dosiye akayishyikiriza Ubushinjacyaha mu gihe giteganywa n’itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha.

Iri tegeko kandi rigaragaza ko iteka rya Minisitiri rizagena urutonde rw’amakosa yo mu rwego rw’ubutegetsi yerekeye kutubahiriza amategeko y’ikoreshwa ry’umuhanda, ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi ijyanye na yo n’amanota y’imyitwarire ahanishwa ukoze iryo kosa.

Uhanishijwe ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi kubera kutubahiriza amategeko y’ikoreshwa y’umuhanda yishyura ihazabu mu gihe kitarenze iminsi 30 aboneyeho ubutumwa bw’urwego rushinzwe kurinda umutekano wo mu muhanda bumumenyesha ikosa.

Riteganya kandi ko uwarengeje igihe ntarengwa cyo kwishyura ihazabu, igihano cyiyongeraho 30% cy’iyo yari yaciwe kandi ikishyurwa mu minsi 30 ibarwa uhereye igihe aboneyeho ubutumwa bumumenyeje igihano cyinyongera.

Iyo uwakoze atabyubahirije byose ikinyabiziga cyakoreshejwe mu gukora ikosa kirafatwa kigafungwa.

Icyakora umuyobozi w’ikinyabiziga, nyiracyo cyangwa umuhagarariye utemera ikosa ashobora kujurira mu nyandiko cyangwa agakoresha ubundi buryo bumworoheye. Iyo adasubijwe mu gihe cy’iminsi itatu bibarwa ko ikosa ryakuweho.

Previous Post

Kamonyi: Imodoka yo mu bwoko bwa ‘Hiace’ yakoze impanuka ihitana umuntu umwe, abandi 10 barakomereka

Next Post

Rwamagana: Umugabo yaguye gitumo umugore we ari gusambanira muri ‘Lodge’ n’umushoferi

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Next Post
Rwamagana: Umugabo yaguye gitumo umugore we ari gusambanira muri ‘Lodge’ n’umushoferi

Rwamagana: Umugabo yaguye gitumo umugore we ari gusambanira muri 'Lodge' n'umushoferi

Please login to join discussion

Recommended

Kamonyi: Polisi yarashe ibisambo bitatu byari biri gutema abaturage

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore washatse kuyirwanya

March 11, 2026
Kamonyi: Ingona yamize umuturage

Kamonyi: Ingona yamize umuturage

September 27, 2025

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In