Brig Gen (Rtd) Dr. Norbert Kalimba wahoze mu ngabo zabohoye igihugu, yitabye Imana ku wa 24 Werurwe 2026, azize uburwayi.
Uyu mugabo ni umwe mu bagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo kubohora igihugu no guhagarika Jenoside, yitabye Imana ku myaka 67, aguye mu Bitaro bya Gisirikare i Kanombe, aho yari amaze igihe aharwariye.
Brig Gen Dr Kalimba Norbert wabaye Umugaba mukuru ushinzwe abakozi b’Ingabo zibungabunga amahoro muri Darfur (UNAMID), kuwa 15 Nyakanga 2014 nibwo yasezerewe mu ngabo, akomeza imirimo isanzwe ijyanye n’ubuvuzi.
Uyu mugabo kandi yagize uruhare mu gutanga amasomo ajyanye no kubungabunga amahoro muri Rwanda Military Academy i Nyakinama.
Dr. Norbert Kalimba yari umuganga wabyize mu rwego rwa kaminuza akaba yari afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri n’icya gatatu mu buvuzi rusange .
Yari umwe mu bagize Urugaga rw’Abaganga bo mu Rwanda bavura indwara z’Amenyo.


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)




