Abapolisi batandatu b’u Burundi bateye urugo rw’umuturage w’i Bujumbura witwa Nyandwi Gérard tariki ya 1 Mata 2026, bamwambura miliyoni 15 z’amafaranga y’iki gihugu (Fbu) nyuma yo kumutera ubwoba.
Umuvugizi wa Polisi y’u Burundi, Pierre Nkurikiye, yatangaje ko bamwe muri aba bapolisi bateye urugo rwa Nyandwi bambaye impuzankano y’akazi, abandi bambaye iya gisivili kandi ko bari bafite n’imodoka y’akazi iriho n’ibirango.
Yagize ati “Babwira nyir’urugo bati ‘Wowe ngwino tugende, barakudutumye’. Bamushyize mu modoka ye, bamuherekeza n’iy’igipolisi. Bamugejeje mu mujyi bati ‘Ushakwa n’urwego rw’iperereza, uko twumvise ibintu ushinjwa, barakwica’.”
Nkurikiye yatangaje ko aba bapolisi babwiye uyu muturage ko agomba kubaha miliyoni 20 Fbu kugira ngo bamutorokeshe, bitaba ibyo bakamushyira urwego rw’iperereza rukamwica.
Ati “Umugabo ni bwo yababwiye ko nta mafaranga afite, ko afite ibihumbi 500 Fbu gusa, baranga. Batangiye kumufotora bati ‘Iyi foto twamaze kuyoherereza abadutumye, ahubwo nutinda turakunyarukana’. Umugabo yaratabaje, ashaka inshuti, bakusanya amafaranga kugeza aho bujuje miliyoni 15 Fbu, arazibahereza, bahita bagenda.”
Umuvugizi wa Polisi y’u Burundi yasobanuye ko aba bapolisi bamaze kwakira aya mafaranga, babwiye Nyandwi ko bagiye kubwira abashinzwe iperereza ko bamubuze, baramureka asubira mu rugo.
Nkurikiye yatangaje ko Polisi yakoze iperereza, ita muri yombi abapolisi batanu bateye urugo rwa Nyandwi ariko ko undi agishakishwa kuko yatorotse.


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



