Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere RGB, Dr. Doris Uwicyeza Picard yabwiye Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi ko insengero n’imisigiti 9.171 zafunzwe kubera kutubahiriza ibiteganywa n’amategeko zitarafungurwa ariko yizeza ko zimwe zishobora gufungurwa vuba bijyanye n’uko zuzuza ibisabwa.
Yabigarutseho ku wa 19 Ugushyingo 2025, ubwo yari mu Nteko Ishinga Amategeko, ayigezaho raporo y’ibikorwa bya RGB ya 2024/2025 n’ibikorwa biteganyijwe umwaka utaha.
Uyu muyobozi yagaragaje ko muri uwo mwaka ushize, RGB yakoze ubugenzuzi bwihariye mu miryango ishingiye ku myemerere (insengero n’imisigiti) harebwa iyubahirizwa ry’amategeko n’ibijyanye n’imiyoborere.
Ni igenzura ryagaragaje ibibazo birimo inyigisho z’ubuyobe, ubushukanyi bugamije kwambura abantu ibyabo; kudakorera mu mucyo, uburiganya n’imicungire mibi y’umutungo; amakimbirane ashingiye ku buyobozi, inyubako zitubahirije ibiteganywa n’amategeko.
Iryo sesengura ryasize imiryango 21 yambuwe ubuzimagatozi bitewe n’impamvu zitandukanye mu gihe inyubako z’insengero n’imisigiti 13.770 byagenzuwe 9.171 muri zo zirafungwa kubera kutubahiriza ibiteganywa n’amategeko.
RGB yagiranye ibiganiro n’abahagarariye amadini n’amatorero byibanze ku ishyirwa mu bikorwa ry’amategeko n’amabwiriza no kunoza imikorere y’imiryango ishingiye ku myemerere. By’umwihariko, ibiganiro byibanze ku kurwanya ibibazo bigaragara mu miyoborere no mu nyubako zikoreshwa n’iyi miryango mu bikorwa byo gusenga.
Depite Ntezimana Jean Claude yagize ati “Amatorero agera ku 9000 twabonye ko yafungiwe mu bihe bishize. nifuje kumenya niba nyuma y’uko bagaragarijwe ibikenewe, ababa barafunguriwe kuko twabonye ko bafungiwe ariko sinibwira ko bose baba baratereye iyo, nibwira ko hari abujuje ibisabwa ku buryo baba baremerewe.”
Umuyobozi Mukuru wa RGB, Dr. Doris Uwicyeza Picard, yagaragaje ko ku bufatanye n’inzego z’ubuyobozi bw’iyo miryango hashyizweho uburyo bwo kubaha ubufasha kugira ngo buzuze ibisabwa.
Yerekanye ko hari nkeya zamaze gufungurirwa nyuma yo kuzuza ibisabwa, bakaba bamaze kubona ubusabe bw’imiryango 84 by’abujuje ibisabwa basaba gufungurirwa ariko 15 yasabwe gusubira inyuma bakuzuza neza ibyo basabwa mu gihe 68 ibyangombwa byayo bikiri kwigwaho.
Ati “Duteganya kubaha igisubizo vuba.”














