Ibyishimo ni byose kuri Israel Mbonyi wujuje miliyoni ebyiri z’abakurikira shene ye YouTube, ibyamugize umuhanzi wa mbere mu Rwanda ubashije kugira iyi mibare mu gihe byibuza byamutwaye imyaka ine akora umuziki atazi uko uru rubuga rukora.
Ibi uyu muhanzi yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, ahamya ko yamaze imyaka ine akora umuziki atazi ibya YouTube.
Ati “Ndabasuhuje nshuti bavandimwe, nzanywe hano no kubashimira ku bwa miliyoni ebyiri z’abakurikira shene yanjye ya YouTube, njye nasohoye album yanjye ya mbere mu 2014, icyo gihe nazishyiraga kuri CD nkaziha abantu bake bari banzi.”
Mu 2018 nibwo uyu muhanzi yamenye urubuga rwa YouTube atangira gushyiraho indirimbo ze mu rwego rwo kuzisangiza abakunzi b’umuziki we.
Ati “Mu 2018 nahuye n’inshuti yanjye yambwiye kuri YouTube, nta gitekerezo na kimwe nari mbifiteho. Yambwiye ko nkwiye kuyifungura hanyuma nkajya nshyiraho imiziki yanjye, ni uko nayifunguye kandi Bibiliya irabivuga ngo mugende mwamamaze ubutumwa bwiza kugera ku mpera z’Isi. Ntekereza ko uru rubuga rudufasha kugeza kure imiziki ndetse no gukuza ubwami bwo kubwiriza ijambo ry’Imana.”
Kugeza ubu Israel Mbonyi abaye uwa mbere mu bahanzi bo mu Rwanda bagize iyi mibare mbere y’abarimo Meddy ufite miliyoni 1.65 y’abamukurikira, Ambassadors of Christ ikurikirwa na miliyoni 1.52 by’ababakurikira n’abandi batandukanye.
Ku rundi ruhande, Israel Mbonyi ari kwishimira miliyoni ebyiri z’abamukurikira kuri shene ye ya YouTube, mu gihe yitegura gusohora album ye ya gatanu aherutse kumvisha abakunzi be mu gitaramo yakoreye ku Intare Arena.










![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



