• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Perezida wa Sénégal yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

OMEGA BOY by OMEGA BOY
May 26, 2026
in Amakuru
444 9
0
Perezida wa Sénégal yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya
627
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye, yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya witwa Ahamadou Alhaminou Mohamed Lô, asimbuye Ousmane Sonko uherutse gukurwa kuri uwo mwanya nyuma y’igihe havugwa kutumvikana hagati ye n’Umukuru w’Igihugu.

Itangazo rishyiraho Lô ryasohotse mu ijoro ryo ku wa 25 Gicurasi 2026, mu gihe igihugu kiri mu bihe bya politiki bikomeye nyuma y’itandukana rya Perezida Faye na Sonko bahoze ari abafatanyabikorwa ba hafi.

You might also like

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

Lô w’imyaka 60 azwi nk’impuguke mu by’ubukungu, amabanki n’imari. Mbere yo kugirwa Minisitiri w’Intebe, yari asanzwe ari Umunyamabanga Mukuru wa Guverinoma kuva muri Mata 2024, nyuma aza no kuzamurwa mu ntera muri Mata 2025 agirwa Minisitiri ushinzwe gukurikirana imishinga y’icyerekezo cya Sénégal cya 2050 mu biro bya Perezida wa Repubulika.

Ibiro bya Perezida wa Sénégal byatangaje ko Lô yagize uruhare rukomeye mu kuvugurura imiyoborere y’igihugu kuva Perezida Faye yajya ku butegetsi mu 2024 asimbuye Macky Sall.

Mu ijambo rye rya mbere nyuma yo kugirwa Minisitiri w’Intebe, Lô yavuze ko agiye gushyira imbaraga mu gukemura ibibazo byihutirwa igihugu gifite, birimo izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa, ihungabana ry’ubukungu rishingiye ku ntambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati ndetse n’umwuka mubi uri hagati y’abaturage n’ubuyobozi.

Uyu munyapolitiki kandi yashimangiye ko icyemezo cyo kumugira Minisitiri w’Intebe kitashingira ku kuba ari inshuti ya Perezida Faye, ahubwo ko “inyungu z’igihugu ari zo zishingirwaho mu gufata ibyemezo bikomeye.”

Ishyirwaho rya Lô rije rikurikira iyirukanwa rya Ousmane Sonko ku wa 22 Gicurasi 2026, nyuma y’iminsi havugwa kutavuga rumwe hagati ye na Perezida Faye ku buryo bwo kuzahura ubukungu bwa Sénégal bukomeje kuremererwa n’amadeni.

Nubwo Sonko yakuwe muri Guverinoma, akomeje kugira ijambo rikomeye muri politiki ya Sénégal kuko ari na we uyoboye ishyaka riri ku butegetsi rya Pastef. Yatangiye no gutanga ibimenyetso by’uko ashobora kujya mu murongo wo guhangana na Perezida Faye.

Ku wa 24 Gicurasi 2026, El Malick Ndiaye yeguye ku mwanya wa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, ibintu byafashwe nk’inzira ishobora gufungurira Sonko amahirwe yo kuwusimbura.

Biteganyijwe ko Sonko yinjira mu Nteko Ishinga Amategeko ku wa 26 Gicurasi nk’Umudepite, ndetse benshi bakamubonamo amahirwe akomeye yo gutorerwa kuyobora Inteko.

Abasesengura politiki ya Sénégal bavuga ko Sonko aramutse abaye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, ashobora kugira imbaraga zikomeye mu kwitambika cyangwa kugenzura imishinga ya Perezida Faye, cyane cyane kubera ko afite abayoboke benshi mu ishyaka Pastef rifite ubwiganze busesuye mu Nteko Ishinga Amategeko

Previous Post

Amerika yongeye igaba ibitero kuri Iran

Next Post

Rutsiro: Ibendera ryari rimaze iminsi ryibwe ryabonetse rirambuye mu ishyamba

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe
Amakuru

Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

by OMEGA BOY
June 12, 2026
Next Post
Rutsiro: Umugabo bikekwa ko yibye ibendera ry’Igihugu akihamagarira avuga ko aribonye munsi y’urugo rwe yatawe muri yombi

Rutsiro: Ibendera ryari rimaze iminsi ryibwe ryabonetse rirambuye mu ishyamba

Please login to join discussion

Recommended

Kenya: Sitasiyo z’ibikomoka kuri peteroli zatangiye kugabanya ingano zitanga

Kenya: Sitasiyo z’ibikomoka kuri peteroli zatangiye kugabanya ingano zitanga

March 20, 2026
Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

June 12, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

June 13, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In