• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

RDB yafunguye Hoteli ya Château le Marara yarimaze igihe ifunzwe

OMEGA BOY by OMEGA BOY
December 26, 2025
in Amakuru
499 15
0
RDB yafunguye Hoteli ya Château le Marara yarimaze igihe ifunzwe
712
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwahaye uruhushya rwo gukora hoteli ya Château le Marara yari iherutse gufungwa nyuma y’uko bigaragaye ko yakoraga nta burenganzira ifite.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi, bwanditse kuri X buti “Inzozi mwari mufite zo kuruhukira ahantu heza cyane mu Rwanda zabaye impamo! Château Le Marara, ya nyubako y’agatangaza iri ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu mu Karere ka Karongi, yongeye gufungura amarembo! Muri aka Karere hari hoteli 14 ziteguye kubakirana urugwiro.”

You might also like

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

Nyuma y’aho iyi hoteli ikomorewe, izajya icungwa n’ikigo gikora ibijyanye no kuyobora amahoteli cyitwa Royal Retreat.

Ku wa 22 Nyakanga 2025 ni bwo RDB yafunze imiryango y’iyi hoteli nyuma yo gusanga ikora nta ruhushya rwo gukora ibikorwa by’ubukerarugendo no gutanga serivisi z’ubukerarugendo no kwakira abantu igira.

Ibi byabaye nyuma y’uko iyi hoteli yari imaze iminsi igarukwaho ku mbuga nkoranyambaga kubera ubukwe bwa Shadadi Musemakweri na Uwera Bonnette, bwahabereye bikavugwa ko bahawe serivisi mbi.

Musemakweri na Uwera bashinje iyi hoteli kubura umuriro bya hato na hato ndetse nta nyunganizi yawo yari ihari, kugabura amafunguro ateguye nabi, serivisi mbi n’ibindi.

Gusa ubuyobozi bwa hoteli bwahise bugana iy’ubutabera buvuga ko abageni bakangishije hoteli ibikorwa byo kuyisebya no gukoresha uburiganya ngo batishyura amafaranga bari bari bayibereyemo.

Ibishya muri chateau le Marara

Emmanuel Ngayaboshya ukorana na Royal Retreat ari na yo igiye gucunga iyi hotel, yasobanuye ko izatangira kwakira abakiliya bundi bushya mbere y’uko uyu mwaka urangira.

Ngayaboshya ni we uzaba ari Umuyobozi w’igikoni cya Chateau le Marara. Yasobanuye ko hari byinshi bigiye guhinduka cyane mu bijyanye n’igikoni kuko ari ho hari ikibazo kinini.

Yavuze ko mu by’ibanze harimo n’uburyo kwakira ubusabe bw’abashaka kugana hotel byakorwaga kuko nta murongo uhamye byagiraga.

Ati “Uburyo réservation zayo zakorwaga abantu bashaka kuza kuhiyakirira, ubukwe, kwifotoza, n’ibindi bigiye guhinduka kuko mbere nta buryo bwari buhari bumeze neza ibyatumaga bigonganisha abakiliya na hotel.”

Iyi hoteli ubusanzwe yakagombye kuba iri ku rwego rw’inyeyeri eshanu ariko mu igenzurwa ryakozwe ryasize rigaragaje ko serivisi itanga zitari kuri urwo rwego cyane cyane mu bijyanye n’igikoni.

Ngayaboshya yavuze ko serivisi z’ibiribwa n’ibinyobwa zigiye kwitabwaho bishoboka ku buryo bijya ku rwego rwa hoteli y’inyenyeri eshanu.

Ati “Ubu turi kwitegura ku buryo serivisi dutanga cyane cyane mu bijyanye n’ibiribwa bigomba kuba biri ku rwego rw’inyenyeri eshanu.”

Mu bijyanye n’ibiciro by’ibiboneka muri iyi hoteli byo yavuze ko hari ibizahinduka n’ibitazahinduka.

Ati “Ku bijyanye n’ibiciro iby’ibyumba byo ntibizahinduka ariko ku bijyanye n’ibyo kurya no kunywa bishobora guhinduka.”

Mu bizahinduka muri iyi hoteli ni imikorere y’abakozi aho izagira abakozi bafite ubushobozi bwo gukora muri hoteli y’inyenyeri eshanu.

Ati “Ubuyobozi bushya ntabwo buza buje gusenya ikipe yari isanzwe iriho ahubwo bureba intege nke zayo, niba ari amahugurwa akenewe, niba wenda ari ikibazo cy’imyitwarire abafite iyo myitwarire bagakurwamo kuko gutanga serivisi bishingira cyane ku myitwarire, n’ibindi nk’ibyo.”

Ikibazo cy’iyi hoteli na Musemakweri cyararikoroje ku mbuga nkoranyambaga ndetse abenshi bagaragaragaza ko binubiye serivisi iyi hoteli yahaye aba bageni.

Icyakora uyu muyobozi we agaragaza ko ibyo bitahungabanyije urukundo abantu bafitiye iyi hoteli, kuko n’ubu ku mwaka mushya biteguye kwakira abantu benshi. Iyi hotel ifite ibyumba 21.

Previous Post

Itangazo ku muganda rusange waruteganyijwe kuri uyu wa 27 Ukuboza 2025

Next Post

Kigali: Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umugabo wagaragaye ari gukubita abantu anamena ibirahure by’imodoka yajyanwe i Ndera

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe
Amakuru

Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

by OMEGA BOY
June 12, 2026
Next Post
Kigali: Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umugabo wagaragaye ari gukubita abantu anamena ibirahure by’imodoka yajyanwe i Ndera

Kigali: Polisi y'u Rwanda yatangaje ko umugabo wagaragaye ari gukubita abantu anamena ibirahure by'imodoka yajyanwe i Ndera

Please login to join discussion

Recommended

Nyamasheke: Umwana w’imyaka 13 yiyahuye

Nyamasheke: Umwana w’imyaka 13 yiyahuye

August 17, 2025
Rwamagana: Abagizi ba nabi bishe umugore bamukase ijosi basiga bamujombye igisongo mu myanya y’ibanga

Rwamagana: Abagizi ba nabi bishe umugore bamukase ijosi basiga bamujombye igisongo mu myanya y’ibanga

September 24, 2025

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

June 13, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In