Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umugabo wagaragaye amenagura ibirahuri by’imodoka mu Mujyi wa Kigali yafashwe bagasanga afite ibibazo byo mu mutwe, agahita ajyanwa muri CARAES i Ndera.
Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambanga agaragaza umugabo wirukankanaga abantu asa n’ushaka kubakubita, ageze aho akajya akubita mu birahuri by’imodoka ziparitse ikintu yari afite gisa n’icyuma.
Ubutumwa Polisi y’u Rwanda yashyize kuri X bugaragaza ko “Umugabo wagaragaye muri aya mashusho yafashwe. Iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko afite uburwayi bwo mu mutwe. Yajyanywe mu bitaro bya CARAES i Ndera.”















