• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Rubavu: Abantu 3 bamaze kwicwa n’ibicurane

OMEGA BOY by OMEGA BOY
November 14, 2025
in Amakuru
779 50
0
Rubavu: Umwana w’imyaka 16 afunzwe akekwaho kwica umugore w’imyaka 43
1.1k
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego zitandukanye mu Karere ka Rubavu, ziremeza ko hadutse icyorezo cya cy’ibicurane kimaze guhitana abana batatu, ubuyobozi bw’umurenge wa Gisenyi mu nama bwakoranye n’abaturage bwasabye ko ibigo by’amashuri bitegeka ko abana bambara udupfukamunwa.

Umwe mu bari mu nama yavuze ko ubuyobozi bwabahaye amakuru ko hari icyorezo cyaje mu bana, gifata mu buryo bwa grippe (IBUCURANE), aho uwanduye yitsamura, akazana utumyira, akagira umuriro, kandi agacika intege.

You might also like

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Francine Uwineza, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi yadutangaje ko iyi ndwara ihari, kandi batangiye gufata ingamba z’ubwirinzi.

Yagize ati “Ni indwara ifata abantu benshi kandi yandura cyane…Ingamba twafashe icyambere ni ubukangurambaga kugira ngo abaturage bayimenye, bamenye abana bose bagaragaza ibyo bimenyetso babohereze kwa muganga, cyane ko abana bari ku ishuri, umwana agume mu rugo kugera acyize kugira ngo asubire ku ishuri.”

Mu gihe hirya no hino hari ahagenewe gukaraba hahurira abantu benshi, ariko hakaba henshi hari hatagikora, ubuyobozi bwasabye ko ubukarabiro bwashyizweho mu gihe cya COVID-19 bwongera gukora.

Ubuyobozi kandi buri gukorana n’Abajyanama b’Ubuzima kugira ngo batange imiti ku bana baba bafite ibimenyetso.

“Ni Grippe ariko ifite ubukana…”

Assistant Commissioner of Police, Dr Tuganeyezu Corneille Uyobora Ibitaro Bikuru bya Gisenyi yahumurije abaturage ko iyi ndwara inzego z’ubuzima zamaze kumenya iyo ari yo n’ikiyitera.

Yagize ati “Ntabwo ari indwara idasanzwe ni grippe (Ibicurane) ariko igeraho ikaba yamerera umubiri nabi, ije n’ubundi mu gihe tuba twiteguye indwara zo mu buhumekero cyane cyane grippe, ndetse rimwe na rimwe n’Umusonga, nicyo gihe cyayo n’ubundi. Gusa icyajemo gishyashya ni ubukana, irimo irazana ubukana bwinshi.”

Dr Tuganeyezu Corneille yavuze ko igitera ibi bicurane bamaze kukimenya kuko hafashwe ibizamini birapimwa, ngo basanga ni Ibicurane bizanana na Bagiteri (Grippe et Les surinfections bactériennes).

Ingamba zafashwe mu rwego rwo guhangana n’ibi bicurane

Ubuyobozi buvuga ko ingamba zafashwe zirimo iyo gushakisha abantu baba barafashwe ariko bakaba bataragera kwa muganga, bityo abaturage banduye bakaba bahamagarirwa kujya kwa muganga.

Indi ngamba ni ukujya mu mashuri kureba ko haba hatarimo abana banduye, na bo bakajyanwa kwa muganga.

Dr Tuganeyezu Corneille yavuze ko hafashwe ingamba yo kuvura abagaragaweho ubwo burwayi. Indi ngamba ni ubwirinzi nko gukaraba intoki, gukorara mu buryo bwo kurinda kwanduza abandi, ukorora agakinga ikiganza ku munwa, no kwirinda gukororera mu bandi bantu.

Indi ngamba ni ubukangurambaga mu baturage, ndetse no kwihutira kujyana abana kwa muganga kare kugira ngo batanegekara, kimwe n’abantu bakuru bafashwe bagomba kwivuza.

Dr Tuganeyezu Corneille ati “Abo kizahaza cyane ni abana bato bari munsi y’imyaka 5 ku mpamvu izwi y’uko umubiri wabo uba utaragira imbaraga zihagije zo kwirwanaho. Abandi ishobora kugiraho ingaruka nubwo tutarabibona mu mibare igaragara, ni abasaza n’abakecuru cyangwa abantu basanzwe bafite uburwayi bugabanya ubwirinzi bw’umubiri.”

Aka gace k’ubuzima ka Gisenyi, Dr Tuganeyezu Corneille avuga ko karimo gakorana n’izindi nzego nk’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), ku buryo imiti yo kuvura biriya Bicurane ihari, ndetse n’ibindi bikoresho byankenerwa mu guhangana n’iyi ndwara ngo birahari.

ISOKO: UMUSEKE

Previous Post

Kayonza: Umwarimu wakubiswe na Deregiteri arasaba ubutabera

Next Post

Ruhango: Umusore w’imyaka 20 yishe Nyirakuru amushinja kumuroga

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Next Post
Ruhango: Ibisambo bibiri byagiye kwiba ihene kimwe kihasiga ubuzima

Ruhango: Umusore w'imyaka 20 yishe Nyirakuru amushinja kumuroga

Please login to join discussion

Recommended

Nyagatare: Abagabo bari guhengera abagore babo bahishije bakaza kurya, ayabo bayanywereye isosi muri resitora

Nyagatare: Abagabo bari guhengera abagore babo bahishije bakaza kurya, ayabo bayanywereye isosi muri resitora

November 16, 2025
Rwamagana: Umwana w’imyaka 3 na Nyina basanzwe mu ishyamba bapfuye, bikekwa ko umugabo we ariwe wabishe

Rwamagana: Umwana w’imyaka 9 yarohamye mu cyuzi, se agiye kumukuramo nawe ararohama

February 21, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In