Abana babiri bo mu Karere ka Rutsiro, umwe w’imyaka itandatu n’undi w’imyaka ibiri, bahitanywe n’impanuka yatewe n’umukingo wagwiriye inzu bari baryamyemo.
Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo ku wa 18 Gashyantare 2026, ahagana saa 17h30, ibera mu Murenge wa Gihango, Akagari ka Shyembe, mu Mudugudu wa Shyembe. Amakuru atangwa n’ubuyobozi bw’uyu murenge agaragaza ko iyo nzu yagwiriwe n’umukingo nyuma y’imvura nyinshi yari imaze umunsi igwa, bitewe n’imiterere y’ubutaka bwo muri ako gace bushobora guteza inkangu.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihango, yavuze ko abana bari baryamye mu nzu mu gihe ababyeyi babo bari bagiye mu mirimo. Bagarutse basanga abana babo bamaze kwitaba Imana.
Ubuyobozi bwibukije abaturage batuye ahashobora guteza inkangu ko bakwiye kwegera inzego zibishinzwe bakagirwa inama cyangwa bagafashwa kwimukira ahatekanye, cyane cyane muri ibi bihe by’imvura nyinshi, hagamijwe kurengera ubuzima bwabo.














