Guverinoma ya Senegal yatangaje ko itishimiye na gato icyemezo cyafashwe n’akanama k’ubujurire k’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) cyo kuyambura igikombe cya Afurika cya 2025, isaba ko hakorwa iperereza kuri ruswa mu buyobozi bwa CAF.
Binyuze mu itangazo yashyize ku mbuga nkoranyambaga, iyi Guverinoma yavuze ko iki cyemezo cyo kuyayambura igikombe kigahabwa Morocco kidasanzwe kandi gifite uburemere bukomeye, kinyuranyije n’indangagaciro z’ingenzi zigenga siporo zirimo ubutabera, ubudahemuka no kubaha ukuri kw’ibibera mu kibuga.
Yakomeje ivuga ko iki cyemezo gishingiye ku gusobanura nabi amategeko, bigatuma hafatwa icyemezo kinyuranyije n’amategeko kandi kirimo akarengane gakabije.
Guverinoma ya Senegal yagaragaje ko kutubahiriza umusaruro wavuye mu mukino wakinwe ugasozwa neza, aho Senegal yatsinze hakurikijwe amategeko, bigira ingaruka mbi ku cyizere abantu bafite ku buyobozi bwa CAF no ku mikorere y’inzego za siporo muri Afurika.
Senegal yamagana byimazeyo uku kugerageza kuyambura ibyo yatsindiye mu buryo butemewe. Yatangaje ko yanze burundu iki cyemezo, inasaba ko hakorwa iperereza mpuzamahanga ryigenga ku bijyanye na ruswa mu nzego ziyobora CAF.
Byongeye kandi, Senegal yatangaje ko izakoresha inzira zose zemewe n’amategeko, harimo no kwiyambaza inkiko mpuzamahanga zibifitiye ububasha, kugira ngo ubutabera buboneke ndetse hubahirizwe ibyavuye mu mukino.
Guverinoma kandi yongeye gushimangira ko iri kumwe n’Abanyasenegal bose bafungiwe muri Maroc nyuma y’ibyabereye ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika cya 2026 dore ko iri gukurikirana iki kibazo kugira ngo kibonerwe umuti vuba.
Yasoje ivuga ko Senegal izakomeza guhagarara ku kuri, ikarinda uburenganzira bw’ikipe y’igihugu, ndetse igaharanira gusubiza agaciro siporo nyafurika.
Kuwa Kabiri tariki ni bwo CAF yatangaje ko ikipe y’igihugu ya Senegal yambuwe igikombe cya Afurika cya 2025 kigahabwa Morocco yatsinze ku mukino 1-0 ku mukino wa nyuma wakinwe tariki ya 18 z’ukwezi kwa mbere muri uyu mwaka.
CAF yavuze ko Akanama k’Ubujurire kayo kasanze Sénégal yararenze ku ngingo ya 82 n’iya 84 z’amategeko agenga AFCON, zivuga ko ikipe isohotse mu kibuga cyangwa yanze gukina itabiherewe uburenganzira n’umusifuzi ifatwa nk’itsinzwe, ndetse igahita ihanishwa gutsindwa ibitego 3-0.
Yavuze ko yahise ifata icyemezo cyo gutesha agaciro intsinzi ya Sénégal, iyihanisha gutsindwa ibitego 3-0, maze Morocco ihita yegukana igikombe gutyo.














