Muri Suède hatangiye gutegurwa gereza z’abana nyuma y’ubwiyongere bw’abana bakora ibyaha birimo ubwicanyi ndetse no kujya mu dutsiko tw’abagizi ba nabi.
Ibi bibaye nyuma y’uko guverinoma ya Suède itanze umushinga w’itegeko wo gukura abana bashobora guhabwa igihano cyo gufungwa ku myaka 15 ikagera kuri 13.
Uyu mushinga uzatorwa ku wa 15 Kamena 2026, ugamije kugabanya imibare y’abana bakoreshwa mu byaha biremereye nko kwica, gutera ibisasu mu bice bitandukanye n’ibindi.
Suède yagaragaje ko ifite ikibazo gikomeye cy’imitwe y’abagizi ba nabi bakora ibikorwa bitandukanye nko gucuruza ibiyobyabwenge, ubujura n’ibindi kandi igakoresha abana kugeza ku bari munsi y’imyaka 11.
Minister w’Ubutabera muri Suède, Gunnar Strommer, yagaragaje ko ikibazo gihangayikishije ari ibyaha aba bana bakora.
Ati “Umwaka ushize abana 52 bari munsi y’imyaka 15 bari mu birego bakekwaho kwica cyangwa kugerageza kwica. Rero ntabwo turi kuvuga ubujura, si ihohotera, cyangwa ubujura bwitwaje intwaro.”
Ubusanzwe abana bari hejuru y’imyaka 15 ni bo bashoboraga guhabwa ibihano byo gufungwa abandi bajyanywaga mu bigo ngororamuco.
Icyakora ubushakashatsi bwakozwe bwasanze ibi bigo bidafasha aba bana kuko abana umunani mu 10 bajyanywe muri ibi bigo birangira n’ubundi bongeye gukora ibyaha bagafungwa.
Kugeza ubu Suède iri kuvugurura gereza eshatu aho abana bafunze bazajya abahabwa amahirwe yo kwiga, gukina imikino itandukanye n’ibindi.














