• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku bihano Amerika yafatiye RDF n’aba Jenerali bayo bane

OMEGA BOY by OMEGA BOY
March 3, 2026
in Amakuru
586 44
0
Amerika yafatiye ibihano RDF n’abasirikare bane barimo Gen. Mubarakh Muganga
872
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ibihano Leta Zunze Ubumwe za Amerika yafatiye RDF na bamwe mu Bayobozi Bakuru b’Ingabo bidashingiye ku kuri kw’ibiba mu ntambara imaze imyaka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Itangazo ry’ibihano Amerika yafatiye RDF ryashyizwe hanze ku wa 2 Werurwe 2026 rishinja u Rwanda ubufatanye n’umutwe wa M23, ibintu rwamaganye kuva kera.

You might also like

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

Burera: Umunyeshuri yishwe na bagenzi be

Ni ibihano byo mu rwego rw’ubukungu, aho ababifatiwe baba badafite uburenganzira ku mitungo yabo iri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyangwa se igenzurwa n’umuntu uri muri Amerika, kuko ihita ifatirwa ikajya mu maboko y’Ibiro bya Amerika bishinzwe kugenzura umutungo wo mu mahanga, OFAC (Office of Foreign Assets Control).

Abafatiwe ibihano barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga; Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Gen Maj Vincent Nyakarundi n’Umuyobozi w’Umutwe udasanzwe mu Ngabo z’u Rwanda, Brig Gen Stanislas Gashugi n’Umuyobozi wa Diviziyo ya Gatanu y’Ingabo z’u Rwanda, Gen Maj Ruki Karusisi ndetse na RDF nk’urwego.

Ni ibihano u Rwanda rwavuze ko bibogamye, bidashingiye ku kuri.

Itangazo u Rwanda rwasohoye ku wa 2 Werurwe rigira riti “Ibihano byashyizweho na Leta Zunze Ubumwe za Amerika uyu munsi bireba gusa uruhande rumwe mu buryo budafite ishingiro, bihabanye n’ukuri ndetse binyuranye n’ibibera mu ntambara yo Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Kuva muri Kamena 2025 hasinywa amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC muri Amerika na nyuma ku wa 4 Ukuboza 2025, RDC yakomeje kugaba ibitero bya drone n’ibindi bikomeye mu bice bigenzurwa na AFC/M23, Abanyamulenge mu bice bitandukanye batwikirwa inzu abandi bahezwa mu gace kamwe aho badashobora kubona iby’ibanze mu buzima bwabo.

Ni mu gihe mu biganiro byaberaga i Doha hari hemejwe agahenge kaganisha ku guhagarika intambara burundu, amahoro agahinda mu karere.

Rikomeza riti “Ibitero by’indege zitagira abapilote n’ibyo ku butaka ni ikimenyetso simusiga kigaragaza ibikorwa byo kurenga ku gahenge kemeranyijweho na RDC, kandi bikomeza gutwara ubuzima bw’abantu. Kurinda u Rwanda ni inshingano Ingabo z’u Rwanda zitewe ishema no gushyira mu bikorwa.”

Itangazo ry’u Rwanda kandi rigaragaza ko ibihano byafashwe na Amerika bibogamye kuko RDC yemereye i Washington ko igomba guhagarika imikoranire no gutera inkunga umutwe w’iterabwoba wa FDLR, ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi ariko kugeza ubu hakaba nta cyakozwe kiganisha ku kuwurandura.

Riti “Ihuriro ry’Ingabo za RDC zirimo n’Abacanshuro, imitwe y’inyeshyamba y’abahezanguni izwi nka Wazalendo n’abarwanyi b’umutwe wa FDLR wasize ukoze Jenoside mu Rwanda barwanira hamwe n’ingabo za FARDC. RDC yiyemeje mu masezerano y’amahoro ya Washington, guhagarika gutera inkunga FDLR n’imitwe iyishamikiyeho ariko nta kintu na kimwe yigeze ikora kijyanye na byo.”

Kuva amasezerano ya Washington yashyirwaho umukono ku wa 4 Ukuboza 2025, u Rwanda rwavuze kenshi ko rwiteguye kuyubahiriza, ndetse ateganya ko ingamba z’ubwirinzi rwashyizeho zizavanwaho ari uko RDC yaranduye burundu FDLR.

Nubwo ibyo rwabyemeye, RDC yo yakomeje intambara n’imikoranire na M23. Mu Cyumweru gishize, Umuvugizi w’abarwanyi ba M23, Willy Ngoma, yiciwe mu gitero cya drone cy’ingabo za Congo bigaragaza ko zikomeje imirwano mu gihe M23 yavuze kenshi ko yiteguye kubahiriza agahenge.

Previous Post

Amerika yafatiye ibihano RDF n’abasirikare bane barimo Gen. Mubarakh Muganga

Next Post

Iran yarashe ku birindiro by’ingabo z’Abongereza biri muri Chypre, U Bwongereza buvuga butazabyihanganira

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe
Amakuru

Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

by OMEGA BOY
June 12, 2026
Burera: Umunyeshuri yishwe na bagenzi be
Amakuru

Burera: Umunyeshuri yishwe na bagenzi be

by OMEGA BOY
June 12, 2026
Abanyeshuri 8 b’abanyamahanga birukanwe ku butaka bw’u Rwanda bazira urugomo
Amakuru

Abanyeshuri 8 b’abanyamahanga birukanwe ku butaka bw’u Rwanda bazira urugomo

by ISHIMWE MOISE
June 11, 2026
Mexique & Canada: Hazatangwa udukingirizo tw’ubuntu mu gikombe cy’Isi
Amakuru

Mexique & Canada: Hazatangwa udukingirizo tw’ubuntu mu gikombe cy’Isi

by OMEGA BOY
June 11, 2026
Next Post
Iran yarashe ku birindiro by’ingabo z’Abongereza biri muri Chypre, U Bwongereza buvuga butazabyihanganira

Iran yarashe ku birindiro by’ingabo z'Abongereza biri muri Chypre, U Bwongereza buvuga butazabyihanganira

Please login to join discussion

Recommended

The Ben apologizes to Bull Dogg again, prepares another song with Diamond

The Ben apologizes to Bull Dogg again, prepares another song with Diamond

March 4, 2025
Yamukubise ishoka, amushyira supagolo mu kanwa ahita amutwika! Umusore w’i Rulindo washakishwaga akekwaho kwica Se wabo agatoroka, yafatiwe i Rusizi amaze kwiba ibigori

Yamukubise ishoka, amushyira supagolo mu kanwa ahita amutwika! Umusore w’i Rulindo washakishwaga akekwaho kwica Se wabo agatoroka, yafatiwe i Rusizi amaze kwiba ibigori

December 20, 2025

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

June 13, 2026
Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe
Amakuru

Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

June 12, 2026
Burera: Umunyeshuri yishwe na bagenzi be
Amakuru

Burera: Umunyeshuri yishwe na bagenzi be

June 12, 2026
Zari Hassan yatandukanye n’umugabo we
IMYIDAGADURO

Zari Hassan yatandukanye n’umugabo we

June 12, 2026
Abanyeshuri 8 b’abanyamahanga birukanwe ku butaka bw’u Rwanda bazira urugomo
Amakuru

Abanyeshuri 8 b’abanyamahanga birukanwe ku butaka bw’u Rwanda bazira urugomo

June 11, 2026
Mexique & Canada: Hazatangwa udukingirizo tw’ubuntu mu gikombe cy’Isi
Amakuru

Mexique & Canada: Hazatangwa udukingirizo tw’ubuntu mu gikombe cy’Isi

June 11, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

June 13, 2026
Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

June 12, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In