Umurundi Niyonkuru Gustave yagizwe Umutoza Mukuru wa Rutsiro FC asimbura Bizumuremyi Radjab wirukanywe, asabwa kuyivana mu murongo utukura akayigeza mu makipe 10 ya mbere.
Amakuru avuga ko Niyonkuru yageze mu Rwanda mu ijoro ryo kuwa Kane w’icyumweru gishize, akaba azatangazwa ku wa Mbere, tariki ya 15 Ukuboza 2025.
Visi Perezida wa Mbere wa Rutsiro FC, Uwamahoro Thaddée, yabwiye IGIHE ko umutoza bamuhaye inshingano zo gufasha ikipe kwitwara neza mu mikino ya Shampiyona no kuzasoza mu makipe 10 ya mbere.
Ati “Niyonkuru amaze iminsi mu Rwanda kandi turifuza ko atoza imikino yose isigaye, yakurikiye umukino waduhuje n’Amagaju FC, ariko azatangira gutoza ku mukino uzaduhuza na Kiyovu Sports.”
Uwamahoro yongeyeho ko Niyonkuru yasabwe kugeza ikipe mu makipe 10 ya mbere.
Niyonkuru Gustave watozaga Vital’o FC y’i Burundi, agiye gutoza Rutsiro FC, abisikanye na Bizumuremyi Radjab wasezerewe n’iyi kipe imusaba gusesa amasezerano kubera umusaruro mubi.
Nyuma y’imikino 12 Rutsiro FC imaze gukina muri Shampiyona y’u Rwanda, iri ku mwanya wa 18 n’amanota 10, inyuma ya AS Kigali ya 17. Imaze gutsinda imikino ibiri, inganya ine mu gihe yatakaje itandatu.














