Ku wa 6 Gashyantare 2026, umusore w’imyaka 29 wo mu Murenge wa Gihango, Akagari ka Teba mu Mudugudu wa Kanebwe, yafashwe akekwaho icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka ine y’ubukure.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihango, Rutayisire Munyambaraga Deogratias, yemeje aya makuru, avuga ko umwana yahise ajyanwa ku Bitaro bya Murunda kugira ngo yitabweho n’abaganga.
Yongeyeho ko amakuru amaze kumenyekana ku munsi byabayeho, yahise akorana n’Umukuru w’Umudugudu kugira ngo ukekwaho afatwe ataratoroka. Yanashimangiye ko abaturage bagomba kwirinda ibyaha kuko, iyo bihamijwe n’urukiko, bigirwaho ingaruka zikomeye n’amategeko.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro, yemeje ko uyu musore yahise ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho ubu afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Gihango.


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



