Umusore w’imyaka 29 wo mu Karere ka Rutsiro yafunzwe akekwaho gusambanya umwana ufite imyaka ine y’ubukure.
Uyu musore yafatiwe mu Murenge wa Gihango, Akagari ka Teba ho mu Mudugudu wa Kanebwe, mu gitondo cyo ku wa 6 Gashyantare 2026.
Icyaha akekwaho yagikoze ku wa 5 Gashyantare 2026.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihango, Rutayisire Munyambaraga Deogratias, yemeje aya makuru.
Ati “Ni byo. Uyu musore w’imyaka 29 yafashwe akekwaho gusambanya umwana w’imyaka ine. Umwana yahise ajyanwa ku Bitaro bya Murunda kugira ngo yitabweho n’abaganga.”
Akomeza avuga ko amakuru akimara kuyamenya ku munsi w’ejo yahise akorana n’Umukuru w’Umudugudu byabereyemo, kugira ngo bafate ukekwa ataratoroka.
Yanaboneyeho gusaba abaturage kwirinda ibyaha, kuko iyo ubihamijwe n’urukiko ubiryozwa n’amategeko.
Uyu musore afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Gihango.


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



