• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Muhanga: Abantu batatu barimo n’umunyeshuri w’imyaka 16 barakekwaho kwiba amavuta ku kigo cy’ishuri

OMEGA BOY by OMEGA BOY
February 7, 2026
in Amakuru
440 33
0
Muhanga: Umusore w’imyaka 22 yagwiriwe n’ikirombe ahita apfa
655
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’umutekano zikorera mu Ntara y’Amajyepfo zataye muri yombi abantu batatu undi arabacika, bakekwaho kwiba amajerekani atandatu y’amavuta batekesha ku rwunge rw’amashuri rwa Gikomero (GS Gikomero Protestant) akaba ari ubujura bwakozwe mu rukerera rw’itariki ya 4 Gashyantare 2026 babifashijwemo n’umwana w’imyaka 16 wiga kuri icyo kigo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarusange ubu bujura bwakorewemo Rubonera Claude Byicaza avuga ko ayo makuru yamenyekanye ubwo abashinzwe umutekano kuri icyo kigo barimo bazenguruka mu gitondo babona idirishya ry’igikoni risa n’irifunguye bakeka ko baba bibwe.

You might also like

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Bahise bahamagara ubuyobozi bw´ishuri buhageze basanga amwe mu majerekani yarimo amavuta batekesha nta yahari bahita batangira kubwira ushinzwe gucunga aho babika ibiribwa ko babona imibare y´ibyasohotse n’ibiri mu bubiko bidahura ari nabwo hahise hatangira iperereza baza gusanga umwe mu bana biga aho ari we wacunze abayobozi barangaye yinjira mu bubiko asiga akinguye idirishya maze ngo bigeze nijoro aza kuzana abo bajura bafatanya kuyatwara bayanyujije mu idirishya.

Ati: “Ayo makuru ni yo, byamenyekanye abazamu b’ikigo barimo batembera babona idirishya ryo ku gikoni ahabikwa ibiribwa risa nirifunguye, bahise bahamagara abayobozi bahageze babona amajerekani 6 arabura bakurikije ibyinjiye n’ibyasohotse.

Hahise hatangira gukekwa ushinzwe ubwo bubiko ariko banakomeza gushaka amakuru, iri joro rero ni bwo baje kumenya amakuru ko uwo mwana wiga aho ari we wagize uruhare mu kwibwa kwayo mavuta baratubwira turamufata na we atubwira abo bafatanyije naho bari bamaze kuyagurisha.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko abakekwaho kuyiba ari abantu babiri n’uwo mwana wa gatatu wabafashije mu kubona inzira yaho banyura bajya kuyiba.

Mu gukora umukwabu wo gufata abo bakekwa hafatiwemo umwe mu bayibye abereka aho bayagurishije uwari wayaguze na we akaba ari mu batawe muri yombi, ntabwo baramenya icyo baba bari bemereye uwo munyeshuri kugira ngo abafashe muri uwo mugambi mubi.

Ati: “Uwo mwana tukimufata yatubwiye ko yagiye mu gikoni abakozi barangaye nk’ugiye kubika isahane ahita akingura idirishya hanyuma bigeze nijoro atwara ba bajura ajya kubereka aho banyura ari naho banyujije ayo majerekani y’amavuta.

Ntabwo tuzi icyo yari yemerewe niba bari kumuhemba cyangwa se bari bubigabane, buriya ibindi bizava mu iperereza.”

Abafashwe ubu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Muhanga mu gihe iperereza rigikomeje ndetse hanashakishwa uwo wahise atoroka, hafunzwe ukekwa umwe, uwo mwana wabafashije kwinjira ndetse n’uwahoze ari umucuruzi ariko ubu wari warabivuyemo ari na we wari waguze aya majerekani 6 y’amavuta yari yibwe, ari naho uyu muyobozi ahera asaba abayobozi b’ibigo kujya baba maso ndetse n’abashinzwe umutekano ku bigo bitandukanye kujya babanza kugenzura aho bashinzwe kurinda mbere y’igihe mu rwego rwo kwirinda ubujura n´ibindi bibazo bishobora kugera mu kazi kabo.

Previous Post

Rutsiro:Yatawe muri yombi azira gusambanya umwana ufite imyaka ine y’amavuko

Next Post

Nyamasheke: Umunyeshuri arashakishwa n’inzego z’umutekano akekwaho gusambanyiriza mugenzi we w’imyaka 12 mu rubingo

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Next Post
Nyamasheke: Umugabo afunzwe akekwaho kwiba ingurube

Nyamasheke: Umunyeshuri arashakishwa n'inzego z'umutekano akekwaho gusambanyiriza mugenzi we w'imyaka 12 mu rubingo

Please login to join discussion

Recommended

Rusizi: Inzu y’umuturage yahiye irakongoka

Rusizi: Inzu y’umuturage yahiye irakongoka

August 28, 2025
Ijambo ‘Nyash’ ryongerewe mu nkoranyamagambo ya Oxford

Ijambo ‘Nyash’ ryongerewe mu nkoranyamagambo ya Oxford

January 11, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In