Mu Karere ka Nyabihu, mu Murenge wa Rambura, haravugwa inkuru y’umusore witwa Niyomugabo Jean Bosco waburiwe irengero habura amasaha make ngo ubukwe yari afite bube.
Ubu bukwe bwari buteganyijwe kuba tariki 02 Gicurasi 2026, aho uyu musore witwa Niyomugabo Jean Bosco yagombaga gusezerana na Uwase, bikaza kurangira nabi umusore aburiwe irengero.
Jean Bosco yakoreraga mu Karere ka Rwamagana, gusa bamwe mu batuye muri aka gace bagombaga kubutaha. Byabateye kwifata ku munwa barumirwa kubera ibyo bahuye na byo.
Gusa ibi ntibyatumye bamwe bumirwa gusa, kuko hari n’abagize agahinda kubera ko bari biteguye gutaha ubukwe baranatwerereye, bikaza kurangira batabutashye.
Umuturage umwe yagize ati:
“Twumiwe kuba twari twiteguye ubukwe hanyuma ku munsi wabwo umusore akaburirwa irengero.”
Undi ati:
“Ku munsi w’ejo igikwe cyari cyahumuye, nuko ku mugoroba njya muri salon kwikoraho kugira ngo ngende nsa neza. Ubwo twari twakoteje twumva ko igikwe kirataha, nuko saa kenda z’igitondo twumva imodoka zirahinze. Nanjye nitegura vuba njya mu modoka, ngezemo numva inkuru ngo umusore yabuze.”
Undi nawe yunzemo ati:
“Twe twaratwerereye gusa, ariko sinari kuzajyamo rero kubera ari kure. Imodoka zari guhaguruka nka saa kenda kugira ngo babone n’igihe bagarukira. Ababyeyi rero nabonaga biteze bambaye neza, gusa nyuma yo kumva inkuru agahinda kabishe bikura ibitambaro.”
Abaturage bakomeza bavuga ko gahunda ye yari yayishyize ku murongo, kuko ngo bagombaga guhagurukana n’abamuherekeje akajya guhura n’abo mu muryango w’umukobwa, nuko bicara mu modoka bategereza umusore baraheba.
Hitimana Emmanuel, akaba mukuru w’umusore waburiwe irengero, yavuze ko bamaze gutanga ikirego kuri RIB ndetse na Polisi kugira ngo uyu musore ashakishwe.
Yagize ati:
“Twatanze ikirego kuri RIB batubwira ko bagiye kugikurikirana, hanyuma natwe tugakomeza gushakisha amakuru, azamenyekana tukazayabwirwa.”
Bamwe mu babyeyi bo ntibabyumva ukuntu umusore abura ku munota wa nyuma, bagakeka ko uyu musore yaba yahumanyijwe cyangwa yashimuswe.
Bagize bati:
“Yaba yagiye ahantu bakamuniga, niba yakwepye umukobwa byaducanze. Ikindi, iyo haba hari ikibazo, ntago muhungu yari kujya yirirwa atunda amakado nk’uko twabibonye.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mwurire, Bwana Rugengamanzi Stiven, yavuze ko aya makuru batari bayamenye, gusa bagiye kubaza amakuru mu ruganda yakoragamo rwa SteelRwa mu rwego rwo gushakisha uyu musore.
Yagize ati:
“Turaza kujya aho uyu musore yakoreraga, wenda hari amakuru twazamenya.”
Amakuru yabashije kumenyekana ni uko ibikenerwa byose byari byarishyuwe, imyiteguro yose yararangiye, ari na byo byateye agahinda abari gutaha ubu bukwe.


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



