Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko rwataye muri yombi Nsanzimana Augustin na Niyonshuti Emmanuel bakoreraga shene ya YouTube yitwa ‘Imbarutso ya demokarasi’.
Aba uko ari babiri bakurikiranyweho gukwirakwiza amakuru y’ibihuha nkuko byahamijwe n’Umuvugizi wa RIB Dr Murangira B. Thierry.
Yagize ati “Ni byo koko ku wa 1 Gicurasi 2026, RIB yafunze Nsanzimana Augustin na Niyonshuti Emmanuel bakekwaho gutangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza ubwoba muri rubanda. Ibi byaha babikoze bifashishije imbuga nkoranyambaga.”
Dr. Murangira yavuze ko mu gihe iperereza rigikomeje aba batawe muri yombi bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Remera.
Gutangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza ubwoba, imvururu, cyangwa imidugararo muri rubanda, binyujijwe kuri mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa ni icyaha gihanwa n’amategeko.
Iki cyaha gihanwa n’Itegeko nimero 60/2018 ryo ku wa 22 Kanama 2018 ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga.
Umuntu uhamijwe n’Urukiko iki cyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu, n’ihazabu itari munsi ya miliyoni 1Frw ariko itarenze miliyoni 3Frw.
Isoko: IGIHE


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



