Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko ubukangurambaga bukomeye bw’isuku bwatangijwe mu nzego zinyuranye butazarangirira mu magambo gusa kuko ubu hamaze gushyirwaho amande azacibwa abazabikerensa harimo n’abamotari bakunze kunengwa kudasukura ingofero z’abagenzi zizwi nka ‘casques’.
Ibyo byatangajwe i Kigali muri Gare ya Nyabugogo ubwo hatangizwaga ubukangurambaga bwo kwimakaza isuku ku batwara bisi kuri uyu wa 26 Werurwe 2026.
Ni ubukangurambaga buhuriweho n’inzego zitandukanye za Leta mu rwego rwo gufasha buri cyiciro kibarizwamo abantu kurushaho kwamamaza isuku.
Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Ntirenganya Emma Claudine, yatangaje ko abakora mu bwikorezi rusange bw’abantu barebwa n’isuku nke ndetse agaragaza ko bitazahera mu mvugo gusa kuko abazabikerensa bazabihanirwa.
Ati “Icyo twashyize imbere ni ukubanza kwigisha kuko icyo dushaka ni ukubanza guhindura iyo myumvire kugira ngo isuku ibe umuco koko. Igikorwa cyose gifitanye isano n’umwanda mu Mujyi wa Kigali Inama Njyanama yashyizeho amande angana na 10.000 Frw. Ayo mande ashobora kwiyongera ariko bitewe n’urwego ibikorwa by’isuku nke byagaragayeho.”
Ntirenganya yagaragaje ko ayo amande asanzwe acibwa umuntu ku giti cye wagaragayeho ibyo bikorwa ariko ko mu gihe cya vuba bagiye no gutangira kuyaca abamotari n’abashoferi batabyubahiriza.
Ati “Ubu turi mu bukangurambaga bujyanye na bisi zitwara abagenzi n’abamotari kandi mu gihe kitarambiranye n’ibijyanye no guca amande bizatangira kuko umuntu ntabwo yakomeza gutyo gusa kubabwira batumva. Tugomba kubashishikariza gushyira ibikorwa isuku imbere kuko ni inyungu yacu ndetse ubu hari nk’indwara zamaze gucika burundu kuko dufite isuku ariko ntituragera aho twifuza kandi umuntu umwe udafite isuku yanduza n’abandi bose.”
Ibi Umujyi wa Kigali ubitangaje nyuma y’iminsi mike abaturage muri rusange bibukijwe kugira isuku nko koga umubiri wose no kwambara imyenda imeshe badasize no gusukura aho batuye n’aho bakorera kuko ari ko gusirimuka byuzuye.
Ni mu gihe ariko abamotari bari mu banengwa n’abatega moto isuku nke by’umwihariko kudasukura ‘casques’ z’abagenzi ndetse impuzankano yabo n’imyenda bikababangamira cyane urugendo.


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



