Mu Mudugudu wa Rwatamama, Akagari ka Rubumba mu Murenge wa Kabare mu karere ka Kayonza haravugwa urupfu rw’umusore uri mu kigero cy’imyaka 20 witwa Sekamana Janvier bakunze kwita Putin wakubitiwe mu kabari k’uwitwa Manirabaruta Feridinand agashirako umwuka.
Ubu bwicanyi byabereye mu isantere ya Kamarashavu nyuma y’uko uyu musore abuze amafaranga yo kwishyura inzoga yari yanyoye.
Umubyeyi wa Nyakwigendera avuga ko yababajwe no kuba umuhungu yarakubiswe ubuyobozi burebera kuko ngo n’umuyobozi w’Akagali yari ahibereye.
Umunyabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kabare Djaphar Bagirigomwa avuga ko uyu Putin yazize kutumvikana n’abo bari basangiye inzoga baza kumukubita ibuye mu mutwe ajyanwa kwa Muganga naho ibyo kuba yaba yarakubiswe nta makuru abifiteho.
Abaturage bo barasaba ko yahabwa ubutabera abagize uruhare mu rupfu rwe bakagweza mu butabera.
Gitifu Djaphar yemeza ko abakekwa bamaze gutabwa muri yombi.
Isoko: BTN TV


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



