• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Abaturage batanyuzwe n’imisanzu mishya ya mituweli bamazwe impungenge

OMEGA BOY by OMEGA BOY
March 26, 2026
in Amakuru
654 7
0
Abaturage batanyuzwe n’imisanzu mishya ya mituweli bamazwe impungenge
915
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yatangaje ko amavugurura yakozwe ku mafaranga y’ubwisungane mu kwivuza ‘mituweli’ atagamije gushyira umutwaro uremereye ku baturage, yizeza ko abafite ibibazo bazegerwa bafashwe.

Yabigarutseho ubwo yari mu Nteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, avuga ku bikorwa bya Guverinoma bigamije kwita ku muturage.

You might also like

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Minisitiri w’Intebe Dr. Nsengiyumva, yasobanuye ko mu rwego rwo kubakira ubushobozi ubwisungane mu kwivuza, hongerewe umusanzu umuturage yatangaga.

Ati “Mituweli yatumye Abanyarwanda benshi batinyuka kujya kwa muganga hakiri kare. Turishimira ko Abanyarwanda bagera kuri 88% bari muri ubu bwishingizi.”

Iyi gahunda yatangiye buri muturage asabwa gutanga 1000 Frw, mu 2011 aza kuzamurwa ashyirwa kuri 3.000 Frw ariko inkuru igezweho ni uko yongeye kuzamurwa.

Abo ku rwego rwa mbere bishyurirwa na Leta 100%, abo ku rwa kabiri bishyura 3.000 Frw, abo ku rwa gatatu bishyura 5.000 Frw, abo ku rwa kane bishyure 8.000 Frw, abo ku rwa gatanu bo bishyura 20.000 Frw.

Hashingiwe kuri ‘System Imibereho’ bigaragara ko Leta yishyurira abadafite ubushobozi bangana na 6,89%, abazajya batanga 3.000 Frw Leta ikabatangira 1000 Frw bangana na 23%, abishyura 5.000 Frw barenga 35%, abazajya batanga 8.000 Frw bangana na 26%, mu gihe abatanga ibihumbi 20 Frw bangana na 8%.

Dr. Nsengiyumva yasobanuye ko kuba ku ndwara zisanzwe zishingirwa, harongewemo izisanzwe zibasira Abanyarwanda nka kanseri, gusimbuza impyiko, kubaga umutima, kubaga amagufwa n’umugongo, guhabwa insimburangingo n’inyunganirangingo ndetse n’urutonde rw’imiti, byazamuye ikiguzi cy’ubu bwishingizi.

Yagaragaje ko kuva mu myaka 10 ishize, amafaranga ikigega cya mituweli cyakoreshaga yikubye inshuro zirenga ebyiri, aho yavuye kuri miliyali 39 Frw mu 2015/2016, agera kuri miliyari 98 Frw mu 2024/25.

Yakomeje agira ati “Twese nk’Abanyarwanda, ubuzima bwacu nitwe bureba kuko tuzi neza ko ak’imuhana kaza imvura ihise.”

Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yasobanuye ko kwiyongera kw’amafaranga ya mituweli bitagamije gushyira umutwaro uremereye ku baturage, yizeza ko abafite ibibazo bazegerwa bafashwe.

Ati “Ntabwo agamije gushyira umutwaro uremereye ku baturage, ahubwo agamije gutuma iyi gahunda irushaho gukora neza, mu buryo buhamye, kandi burambye mu nyungu za buri wese.”

Yavuze ko nk’umurwayi w’impyiko ukenera serivisi ya ‘dialyse’ inshuro eshatu buri cyumweru, aba asabwa kuyikoresha nibura inshuro 156 ku mwaka. Uyu murwayi adafite ubwishingizi yasabwa kwishyura 9.419.904 Frw ku mwaka ariko uyifite yakwishyura 10% (941.990 Frw) gusa.

Nubwo hari inyungu nyinshi, Minisitiri Dr. Nsengiyumva yanagaragaje ko nyuma y’uko uburyo bwo gutanga imisanzu mishya butangajwe hari abagaragaye bavuga ko batasobanukiwe uburyo byakozwemo n’abavugaga ko baciwe amafaranga menshi bijyajye n’ubushobozi.

Ati “Ndagira ngo mbamare impungenge rwose ko kugena aya mafaranga no gushyira abaturage mu byiciro byakoranywe ubushishozi kandi bikorwa ku bufatanye bw’inzego zitandukanye, kandi Nk’uko Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yabitwibukije ku wa Mbere, tuzakomeza kwegera abaturage no kubakemurira ibibazo bafite.”

Ubwo Perezida yaganiraga n’Abayisilamu ku wa 25 Werurwe 2026, ikibazo cya mituweli kiri mu byo yabajijwe kandi yijeje abaturage ko ahagaragayemo amakosa bigomba gukosorwa.

Aya mavugurura mu mitangire y’umusanzu muri gahunda y’ubwisungane mu kwivuza yitezweho kandi kuzamura umusanzu w’abanyamuryango ukagera kuri miliyari hafi 70 Frw mu 2026/2027, bingana na 48% by’amafaranga akenewe.

Guverinoma nayo izakomeza kunganira abaturage itanga 52% asigaye, kugira ngo ikigega cy’ubwishingizi kibone ingengo y’imari gikeneye.

Ku bijyanye n’uburyo bw’imyishyurire igihe umunyamuryango ahawe serivisi z’ubuvuzi, umunyamuryango azajya yishyura inyunganirabwishyu igihe cyose ahawe ubuvuzi ingana na 200 Frw ku rwego rw’ikigo nderabuzima n’urw’ivuriro ry’ibanze ndetse azajya anishyura 10% y’ikiguzi cy’ubuvuzi ku rwego rw’ibitaro.

Depite Mukabunani Christine, yerekanye ko kuba umusanzu warazamutse, byari bikwiye kujyana no kuba abafite ubwishingizi bwa mituweli bakwemererwa kwivuriza cyangwa gushaka imiti mu mavuriro yigenga.

Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yatangaje ko amavugurura yakozwe atagamije kuvunisha umuturage
Previous Post

Aho u Rwanda ruhagaze ku bitaro bya Iran igaba mu bindi bihugu

Next Post

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 222 bari barafashwe bugwate n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Next Post
U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 222 bari barafashwe bugwate n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 222 bari barafashwe bugwate n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR

Please login to join discussion

Recommended

Umushoramari washinze sosiyete ya Marshal Real Estate yatawe muri yombi

Umushoramari washinze sosiyete ya Marshal Real Estate yatawe muri yombi

May 22, 2026
Amavubi yatsinze Zimbabwe igitego 1-0

Amavubi yatsinze Zimbabwe igitego 1-0

September 9, 2025

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In