Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye zizi ibijyanye n’umutekano mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba aravuga ko Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, aherutse kuganirizwa n’abayobozi bakuru b’ibihugu by’ibituranyi ku bijyanye n’umubano utifashe neza hagati y’igihugu cye n’u Rwanda.
Nk’uko ayo makuru yizewe dukesha ikinyamakuru Bwiza abivuga , Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, na Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, bagiranye ibiganiro byihariye na Ndayishimiye, bamusaba gutekereza ku ngaruka zishobora guterwa n’icyakongera umwuka mubi mu karere.
Bivugwa ko Perezida Museveni yaburiye Ndayishimiye ko abari kumukoresha ngo azatere u Rwanda bamushuka, ndetse ko bizarangira yicujije. Ngo yamuburiye kandi ko niba ashaka ko ubutegetsi bwe burangira yatera u Rwanda.
amakuru akomeza avuga ko Ruto yamweruriye akamubwira ko atazi u Rwanda, ndetse ko mu minsi itatu gusa aruteye intambara yaba irimo kubera i Bujumbura we arimo guhungira muri Tanzania.
Ngo yanabwiwe ko niba azi ukuntu abarwanyi ba M23 bakomeye, ingabo z’u Rwanda zikomeye nka bo inshuro ijana. Perezida Museveni we ngo yihanangirije mugenzi we w’u Burundi, amumenyesha ko akarere kadakeneye kujya mu ntambara.
Bivugwa ko Museveni yagaragaje impungenge ku makuru ari kuvugwa ajyanye n’imigambi ya gisirikare, amusaba kwirinda ibyatuma igihugu cye cyisanga mu bibazo bikomeye. Ku ruhande rwa Ruto, we ngo yibanze ku ngaruka z’intambara ku mutekano w’akarere, ashimangira ko hakenewe inzira z’ibiganiro aho gukoresha imbaraga za gisirikare.
Ibi kandi bije bikurikira inkuru imaze iminsi ivugwa ko U Bubiligi bwahaye ibikoresho u Burundi birimo drone bazifashisha batera u Rwanda.
Ibi biganiro bije mu gihe hakomeje kuvugwa amakuru atandukanye ku mubano umaze igihe utameze neza hagati ya Gitega na Kigali, aho impande zombi zakomeje kugaragaza kutizerana.
Umubano w’ibihugu byombi wazambye cyane kuva mu mwaka wa 2015, ubwo mu Burundi hadukaga ibibazo bya politiki byatewe n’iyamamaza rya mpanda ya gatatu ya nyakwigendera Pierre Nkurunziza. Icyo gihe, u Rwanda rwakiriye umubare munini w’impunzi z’Abarundi.
Kuva icyo gihe, u Burundi n’u Rwanda byagiye bishinjanya gushyigikira imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bwa buri ruhande. U Burundi bushinja u Rwanda gufasha RED-Tabara, mu gihe u Rwanda rushinja u Burundi gukorana n’umutwe wa FDLR ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Nubwo ibi birego bikomeje kuvugwa, nta ruhande na rumwe ruremera ku mugaragaro ibyo rushinjwa, buri gihugu kigashimangira ko giharanira umutekano wacyo.
Hagati aho, hari amakuru avuga ko u Burundi bwaba buri gushaka kongera ubushobozi bwa gisirikare binyuze mu bufatanye n’ibindi bihugu, nubwo aya makuru ataremezwa ku mugaragaro.
Abasesenguzi b’akarere bagaragaza ko gukomeza ibiganiro bya dipolomasi ari bwo buryo bwizewe bwo kugabanya umwuka mubi no kwirinda ko havuka amakimbirane ashobora kugira ingaruka ku karere kose.


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



