Mu mudugudu w’Akagarama, akagari ka Bushobora, mu murenge wa Remera mu karere ka Gatsibo, haravugwa inkuru idasanzwe y’umusore w’imyaka 23 y’amavuko witwa cyubahiro wabeshye ko umuturanyi we yapfuye, bigatuma batumiza isanduku yo kumushyinguramo, yahagera bagasanga ari muzima.
Ibi byabaye ku gicamunsi cyo ku wa 01 Mata 2026, umunsi uzwi nk’uwo kubeshya. Amakuru avuga ko uwo musore yabwiye abantu ko hari umusaza uturanye na we witabye Imana, bituma abantu batangira imyiteguro yo kumushyingura.
Umwe mu baturage bahatuye yagize ati:
“Twabonye umuntu ushinzwe iby’amarimbi azanye isanduku, turamubaza ati “Ni nde wapfuye?”. atubwira ko ari Kajuga. Hashize iminota mike tubona agarutse, turongera turamubaza ati “bigenze bite?” adusubiza ati “ibimbayeho ni agahomamunwa, bambeshye, umuntu bavuga ko yapfuye none nsanze ari muzima.’”
Bivugwa ko uwatumije iyo sanduku yahamagaye uyikora amusaba kuyitegura byihuse, ndetse anagura igitambaro cyo kuyitwikira. Iyi sanduku yaje ku ipikipiki, ariko uyizanye ageze aho yagombaga kujyanwa asanga bamubeshye.
Abaturage bagaragaje ko bababajwe n’iki gikorwa, bavuga ko kubeshya urupfu rw’umuntu ari ibintu bidakwiriye na gato, cyane cyane ko bishobora guteza ihungabana n’agahinda.
Bamwe bagize bati:
“Ibi ni urugomo rukomeye. Ntibikwiye ko umuntu abeshya ko undi yapfuye kandi akiri muzima. Umunsi wa 01 Mata wo kubeshya ukwiye kuvaho burundu niba ari uku bikorwa.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Remera, Madamu Urujeni Concole, yemeje aya makuru. Yavuze ko uwo musore w’imyaka 23 witwa Cyubahiro ari we wabeshye umugabo ukora amasanduku witwa Uwizeyimana, amubwira ko hari umusaza wapfuye amusaba kumushakira isanduku.
Yagize ati:”Ni byo, ayo makuru twayamenye. Uwo musore yabeshye avuga ko hari umuntu wapfuye, bituma batumiza isanduku. Ariko bageze aho basanga uwo bavuga ari muzima. Ubu uwo musore ari gushakishwa kugira ngo asabe imbabazi uwo yabeshyeye n’uwamuhombeje.”
Yakomeje agira inama abaturage kwirinda ibinyoma, cyane cyane ibijyanye n’urupfu, ashimangira ko bidakwiye kandi bishobora guteza ingaruka mbi.


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



