Urukiko Rwisumbuye rwa Huye rwashyikirijwe dosiye y’umugabo w’imyaka 43 ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umuhungu we w’imyaka 21, wapfuye nyuma yo gukubitwa umuhini mu mutwe na se umubyara.
Ibi byabereye mu rugo rw’uyu muryango ruherereye mu Mudugudu wa Kinombe, Akagari ka Gasumba, Umurenge wa Maraba mu Karere ka Huye, mu ijoro ryo ku wa 17 Gicurasi 2026.
Iperereza rigaragaza ko mbere y’ibi, habanje kubaho ubushyamirane hagati y’uregwa n’umugore we. Umuhungu waje kwinjira muri ayo makimbirane ashaka gukiza nyina, ari bwo se yahise amukubita umuhini mu mutwe.
Nyuma yo gukomereka bikomeye, yajyanywe kwa muganga ariko yitaba Imana ataragerayo. Uregwa yemera ko yamukubise, akavuga ko byabaye mu gihe cy’amakimbirane yabereye mu rugo.
Ubushinjacyaha bumukurikiranyeho icyaha cy’ubwicanyi bwakozwe ku bushake. Mu gihe yaramuka agihamijwe n’urukiko, ashobora guhanishwa igifungo cya burundu.


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



