• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Iran yarashe ubwato rutura bw’intambara bwa Amerika

Intambara Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel byashoje kuri Iran ikomeje gufata indi ntera, aho kuri ubu Ingabo za Iran zigambye ko zarashe missile enye ku bwato bw’intambara bwa Amerika buri mu Burasirazuba bwo Hagati buzwi nka ‘USS Abraham Lincoln’.

OMEGA BOY by OMEGA BOY
March 1, 2026
in Amakuru
585 6
0
Iran yarashe ubwato rutura bw’intambara bwa Amerika
819
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

USS Abraham Lincoln ni ubwato bunini, bukaba ubwa gatanu mu bunini indege z’intambara zigwaho mu bwo Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gifite.

USS Abraham Lincoln ni ubwato bukoresha indege za F-35 z’intambara ziba zifite ubushobozi bwo kudadahurwa na za ‘radars’ z’umwanzi.

You might also like

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

Ni bumwe mu bwato buzwiho kuba bunini, bufite ubushobozi buhambaye ndetse bwatwara indege nyinshi cyane.

USS Abraham Lincoln ireshya na metero zirenga 300 mu burebure, na metero 78 mu bugari n’izindi 74 z’ubutumburuke uvuye ku mazi.

Ishobora gutwara indege zirenga 70, ikagira ikoranabuhanga rihambaye nka za ‘radar’ uburyo bw’ubwirinzi, ibikoresho by’itumanaho, biyifasha gukorera aho ari ho hose.

Bufite ubushobozi bwo gukoresha ingufu za nucléaire, ibibufasha gukora igihe kirekire nta mavuta abwongewemo.

Ubu bwato bwatangiye kubakwa mu 1986 butangira kujya mu kazi mu 1989.

Ku wa 15 Gashyantare 2026 bwabonywe ku nkengero za Oman.

Icyakora Igisirikare cya Amerika cyagaragaje ko ubu bwato butarashweho ndetse ko missile za Iran zitanaguye ahegereye aho buri.

Ibitero bya Israel na Amerika kuri Iran byagabwe bwa mbere mu gitondo cyo ku wa 18 Gashyantare 2026. Iran na yo yagabye ibitero ku nyungu za Israel na Amerika ziherereye mu bihugu bitandukanye byo mu Burasirazuba bwo Hagati nka Qatar, UAE, Kuwait, Bahrain, Jordanie, Arabie Saoudite na Iraq.

Ishami ry’Igisirikare cya Amerika ryo mu Burasirazuba bwo Hagati, CENTCOM, ryatangaje ko abasirikare ba Amerika batatu baguye muri iyi ntambara ndetse batanu bakomerekejwe n’ibitero bya Iran.

Bivugwa ko kandi abantu icyenda baguye mu gitero cya missile cyagabwe ku Mujyi wa Beit ⁠Shemesh wo muri Israel.

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei n’abandi bayobozi bakuru mu ngabo barenga 40 bishwe

Ingabo za Iran zarahiriye kwihorera uko byashoboka kose ndetse zivuga ko zagabye ibitero ku birindiro 27 bicumbikiye ingabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati no ku bikorwaremezo bitandukanye bya Israel ndetse ibiturika bikomeje kumvikana mu bihugu by’ishuti za Amerika.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yaburiye Iran ko niyibeshya ikagaba ibitero ku birindiro byayo, aza kuyihanisha imbaraga itigeze ibonaho mu mateka yayo.

Iran igaragaza ko kugeza ubu abarenga 200 bamaze kugwa muri ibi bitero barimo abakobwa 108 bigaga mu ishuri ribanza ryagabweho igitero.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi yavuze ko nyuma y’urupfu rwa Khamenei undi muyobozi w’ikirenga azatorwa bitarenze mu minsi ibiri.

Alireza Arafi ni we wejwe nk’umusimbura w’agateganyo w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ali Khamenei, waguye mu bitero Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’iza Israel ziri kugaba kuri iki gihugu.

Previous Post

Kayonza: Umugore yasinze aryamira umwana we arapfa

Next Post

Nyamasheke: Fuso yaritwaye imyumbati yakoze impanuka igonga ‘Actros’ yariparitse

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe
Amakuru

Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

by OMEGA BOY
June 12, 2026
Burera: Umunyeshuri yishwe na bagenzi be
Amakuru

Burera: Umunyeshuri yishwe na bagenzi be

by OMEGA BOY
June 12, 2026
Abanyeshuri 8 b’abanyamahanga birukanwe ku butaka bw’u Rwanda bazira urugomo
Amakuru

Abanyeshuri 8 b’abanyamahanga birukanwe ku butaka bw’u Rwanda bazira urugomo

by ISHIMWE MOISE
June 11, 2026
Next Post
Nyamasheke: Fuso yaritwaye imyumbati yakoze impanuka igonga ‘Actros’ yariparitse

Nyamasheke: Fuso yaritwaye imyumbati yakoze impanuka igonga 'Actros' yariparitse

Please login to join discussion

Recommended

Nyagatare: Umusore yatorokanye nyirabuja ajya kumugira umugore, umugabo asigara yimyiza imoso

Nyagatare: Umusore yatorokanye nyirabuja ajya kumugira umugore, umugabo asigara yimyiza imoso

September 11, 2025
Karongi: Umukobwa w’imyaka 21 arashakishwa nyuma yo gutema urutoki rwa Se wabo bapfa amafaranga

Karongi: Umukobwa w’imyaka 21 arashakishwa nyuma yo gutema urutoki rwa Se wabo bapfa amafaranga

September 22, 2025

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

June 13, 2026
Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe
Amakuru

Amasaha yo gufungwa utubari, utubyiniro na restaurant yongerewe

June 12, 2026
Burera: Umunyeshuri yishwe na bagenzi be
Amakuru

Burera: Umunyeshuri yishwe na bagenzi be

June 12, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In