Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buramenyesha Abanyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rwa Ofisiye ko kwiyandikisha ku turere no ku mirenge bizatangira tariki ya 20 Ukwakira kugeza ku ya 11 Ugushyingo 2025.
Abatazabona umwanya wo kwiyandikisha ntibyababuza kuza ku munsi w’ikizamini.
Abaziyandikisha ku rwego rwa ba ofisiye baziga umwaka umwe n’imyaka ine bose bagomba kuba bujuje ibi bikurikira:
1
–
Kuba uri Umunyarwanda
Kuba ufite ubuzima buzira umuze
Kuba utarigeze uhamwa n’icyaha
Kuba udakurikiranweho icyaha
Kuba utarirukanwe burundu mu kazi ko mu butegetsi bwa Leta keretse warakorewe ihanagurwabusembwa
Kuba utagaragara ku rutonde rw’ababujijwe kuba abakozi ba Leta
Kuba uri indakemwa mu mico no mu myifatire
Kuba ufite ubushake bwo kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda
Ku baziga umwaka umwe bagomba kuba bujuje ibi bikurikira:
–
Kuba utarengeje imyaka 24
–
Kuba wararangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza, ufite impamyabumenyi ya A0
Kuba wararangije icyiciro cya mbere cya Kaminuza IPRC, ufite impamyabumenyi ya Al
Abafite umwihariko ku byo bize nk’abaganga na ba Injeniyeri (Engineers) bagomba kuba batarengeje imyaka 27.
Ku baziga imyaka ine bagomba kuba bujuje ibi bikurikira:
–
Kuba ufite imyaka 18 kandi utarengeje 21
Kuba wararangije amashuri yisumbuye
Kuba witeguye kwiga ishami rimwe riri mu mashami atandukanye ya Kaminuza (UR Gako) ariyo: Social and Military Sciences, Mechanical and Energy Engineering, Computer Engineering, Civil Engineering, General Medicine, Dental Surgery, General Nursing, Pharmacy, Biomedical Laboratory Sciences, Anaesthesia, Medical Imaging Sciences, Clinical Psychology, Mathematics, Physics, Chemistry, Biology, Law.
Abazaba biyandikishije kandi bujuje ibisabwa, baziga amashami yavuzwe haruguru bijyanye n’ibyo bize mu mashuri yisumbuye, kandi bafite amanota atari munsi ya 70% ku bize Sciences, Arts na Literature (Languages), n’amanota 90% ku bize TTC na TVET.
Abaziyandikisha basabwa kwitwaza ibi bikurikira:
Icyemezo cy’amavuko
Indangamuntu
Icyemezo cy’amashuri wize kiriho umukono wa Noteri
Icyemezo cy’ubudakemwa mu mico no mu myifatire gitangwa n’ubuyobozi bw’umurenge Icyemezo cyo kuba utarakatiwe n’inkiko
Abiyandikishije bazakora ibizamini by’ijonjora kuva tariki ya 4 kugeza ku ya 11 Ugushyingo 2025 saa mbiri za mu gitondo aha hakurikira:
Intara y’Amajyaruguru:
Mu karere ka Gicumbi ni tariki ya 4 Ugushyingo kuri Sitade ya Gicumbi
Mu karere ka Burera ni tariki ya 5 Ugushyingo ku biro by’akarere
Mu karere ka Musanze ni tariki ya 6 Ugushyingo kuri Sitade Ubworoherane
Mu karere ka Gakenke ni tariki ya 7 Ugushyingo ku kibuga cy’umupira cya Ngando
Mu karere ka Rulindo ni tariki ya 8 Ugushyingo ku kibuga cya Gasiza
Mu mujyi wa Kigali:
Mu karere ka Nyarugenge ni tariki ya 4 Ugushyingo kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo
Mu karere ka Kicukiro ni tariki ya 5 Ugushyingo kuri Sitade ya IPRC Kicukiro
Mu karere ka Gasabo ni tariki ya 6 Ugushyingo kuri Sitade ya ULK.
Mu ntara y’ Amajyepfo :
Mu karere ka Nyamagabe ni tariki 4 Ugushyingo kuri Sitade ya Nyamagabe
Mu karere ka Nyaruguru ni tariki ya 5 Ugushyingo ku kibuga cy’umupira cya Ndago
Mu karere ka Gisagara ni tariki ya 6 Ugushyingo ku biro by’akarere
Mu karere ka Huye ni tariki ya 7 Ugushyingo kuri Sitade ya Huye
Mu karere ka Nyanza ni tariki ya 8 Ugushyingo kuri Sitade i Nyanza
Mu karere ka Ruhango ni tariki ya 9 Ugushyingo ku biro by’akarere
Mu karere ka Muhanga ni tariki ya 10 Ugushyingo kuri Sitade ya Muhanga
Mu karere ka Kamonyi ni tariki ya 11 Ugushyingo ku biro by’akarere
Mu ntara y’Iburasirazuba :
–
Mu karere ka Kirehe ni tariki ya 4 Ugushyingo ku biro by’ akarere ka Kirehe
Mu karere ka Ngoma ni tariki ya 5 Ugushyingo, ku kibuga cy’umupira cya Ngoma
Mu karere ka Nyagatare ni tariki ya 6 Ugushyingo ku kibuga cy’umupira cya Nyagatare
Mu karere ka Gatsibo ni tariki ya 7 Ugushyingo ku biro by’akarere ka Gatsibo
Mu karere ka Bugesera ni tariki ya 8 Ugushyingo kuri Sitade ya Bugesera
Mu karere ka Kayonza ni tariki ya 9 Ugushyingo ku biro by’ akarere ka Kayonza
Mu karere ka Rwamagana ni tariki 10 Ugushyingo ku biro by’akarere i Rwamagana Mu ntara y’Iburengerazuba:
–
Mu karere ka Rusizi ni tariki ya 4 Ugushyingo kuri Sitade ya Rusizi Mu karere ka Nyamasheke ni tariki ya 5 Ugushyingo ku biro by’akarere Mu karere ka Karongi ni tariki ya 6 Ugushyingo ku biro by’akarere Mu karere ka Rutsiro ni tariki ya 7 Ugushyingo kuri Sitade ya Rutsiro
Mu karere ka Rubavu ni tariki ya 8 Ugushyingo kuri Sitade ya Rubavu
Mu karere ka Nyabihu ni tariki ya 9 Ugushyingo mu kigo cya gisirikare Mukamira Mu karere ka Ngororero ni tariki ya 10 Ugushyingo kuri Sitade Ngororero












![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



