• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Manzi Davis washinjwaga kuriganya abantu Miliyoni 10$ yakatiwe gufungwa imyaka irindwi n’ihazabu ya miliyari 11.36 Frw

OMEGA BOY by OMEGA BOY
December 13, 2025
in Amakuru
456 34
0
Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwongeye gusubika isomwa ry’urubanza ruregwamo umugabo ukekwaho kuriganya abantu agera kuri Miliyoni 10$
679
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwahamije Manzi Sezisoni Davis ibyaha byo kuvunja amafaranga no kuyacuruza mu buryo butemewe n’amategeko, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya n’iyezandonke, rumuhanisha igifungo cy’imyaka irindwi n’ihazabu ya miliyoni 7,81 z’Amadolari (miliyari 11.36 Frw).

Urukiko kandi rwahamije umugore we, Akaliza Sophie, ubufatanyacyaha mu kuvunja no gucuruza amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya n’iyezandonke, rumuhanisha igihano cy’igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 7,81 y’Amadolari.

You might also like

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Ni ibyaha bifitanye isano no kwambura abaturage arenga miliyoni 10,4 z’Amadolari binyuze muri sosiyete yiswe Billion Traders bashoyemo, babizeza inyungu.

Muri aya mafaranga, uruhande ruregwa ruvuga ko rwishyuyemo miliyari 7 Frw ariko Ubushinjacyaha bukemeza ko batigeze batanga ibimenyetso by’uko hari abishyuwe.

Ubushinjacyaha bwari bwasabiye Manzi Davis n’umugore we gufungwa imyaka 15 no gutanga ihazabu ya miliyoni 52 z’Amadolari.

Mu iburanisha ryo ku wa 29 Nzeri 2025, abaregera indishyi muri uru rubanza bagaragaje ko amasezerano bagiye bagirana na Manzi Sezisoni akwiye kuba ikimenyetso simusiga cy’uko ibyaha yabikoze, bakemeza ko atigeze abishyura amafaranga babaga bamuhaye.

Nyuma y’isesengura ry’urubanza, Urukiko rwemeje ko Manzi Sezisoni n’umugore we bahamwa n’ibyaha bakurikiranyweho.

Urukiko kandi rwategetse ko Manzi na Agasaro baha abantu babareze muri uru rubanza miliyoni 4,4 z’Amadolari (miliyari 6,39 Frw) azabasaranganywa mu buryo butandukanye.

Muri bo uzahabwa menshi ni Higiro James wagenewe Amadolari 638.604, ibihumbi 500 Frw by’igihembo cy’umwavoka ndetse n’ibindi bihumbi 500 Frw by’ikurikiranarubanza.

Bazimya Vedaste na we yagenewe Amadolari 394.420, igihembo cy’umwavoka cy’ibihumbi 500 Frw n’andi nk’ayo y’ikurikiranarubanza mu gihe undi wahawe menshi ari Nziza Faith wagenewe Amadolari 262.800, ibihumbi 500 Frw by’igihembo cy’Avoka n’ibindi 500 Frw by’ikurikiranarubanza.

Mu bareze nta wagenewe amafaranga ari hasi y’ibihumbi 10 by’Amadolari, bigendanye n’uko ari yo bagaragazaga ko bari barahaye Manzi Davis n’umugore we babizeza, inyungu ariko ntibazibone.

Muri rusange, urukiko rwategetse ko Manzi n’umugore we bishyura arenga miliyoni 50 Frw nk’igihembo cy’abavoka n’ikurikiranarubanza ku bantu 50 baregeye indishyi.

Urukiko rwemeje kandi ko ikirego cya Kamanda Venu, Businjye, Ntambara Grace, Muganga Bradon na Niyogakiza Mediatrice baregeraga indishyi bitakirwa.

Manzi Sezisoni afungiwe mu igororero rya Nyarugenge riherereye i Mageragere, guhera ku wa 29 Kanama 2024 nyuma y’aho bitegetswe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo. Akaliza Sophie we yakurikiranywe adafunzwe.

Abahamijwe ibyaha bafite iminsi 30 yo kuba bajuririra icyemezo cy’Urukiko mu gihe baba batemeranya na cyo, bakagaragariza Urukiko Rukuru inenge baba bakibonamo.

Previous Post

Ese waruziko ibyo utangaza ku mbuga nkoranyambaga bishobora kukubuza kubona ‘visa’ ijya muri Amerika?

Next Post

Ku wa 28 Ukuboza 2025 Canal Olympia Rebero izafunga imiryango

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Next Post
Ku wa 28 Ukuboza 2025 Canal Olympia Rebero izafunga imiryango

Ku wa 28 Ukuboza 2025 Canal Olympia Rebero izafunga imiryango

Please login to join discussion

Recommended

Perezida Kagame yagabiye Emir wa Qatar inka z’Inyambo

Perezida Kagame yagabiye Emir wa Qatar inka z’Inyambo

November 21, 2025
U Rwanda rwikomye RDC ishoza imirwano yatsindwa ikiriza

U Rwanda rwikomye RDC ishoza imirwano yatsindwa ikiriza

December 10, 2025

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In