Umukundwa Clemence wubatse izina ku mbuga nkoranyambaga nka Cadette, akaba umwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda mu 2019, akomeje gushimangira urukundo rwe n’umusore ukomoka muri Iraq witwa Ibrahim Mushtaq.
Muri iyi minsi ku mbuga nkoranyambaga za Miss Cadette akomeje gusangiza abamukurikira amafoto aca amarenga y’umusore yihebeye ndetse banyuze ahatangirwa ibitekerezo ukabona imitoma ivuza ubuhuha.
Sibo gusa, ahubwo n’inshuti zabo binyuze mu bitekerezo bakurikiza ayo mashusho n’amafoto ubona ko bizihirwa n’urukundo rwabo.
Mu minsi ishize, Miss Cadette yajyanye n’uyu musore witwa Ibrahim Mushtaq mu gitaramo cya Davido asangiza abamukurikira amafoto bishimira ibihe bahagiriye.
Ibrahim Mushtaq mu butumwa yashyize ahatangirwa ubutumwa yagize ati “Igice kinini cy’iki gitaramo cyanshimishije ni uko twari twakijyanyemo.” Ubutumwa Miss Cadette yaherekesheje akamenyetso k’umutima ubusanzwe kifashishwa ku bantu bakundana.
Ibi bijyanye n’amafoto uyu mukobwa yasangije abamukurikira ku munsi aherutse kwizihirizaho isabukuru y’amavuko, icyo gihe yaragaragaje amafoto yasohokanye n’uyu musore.
Miss Cadette aherutse kubazwa niba amakuru y’urukundo rwe n’uyu musore ari impamo, yirinda kugira icyo ayavugaho ahitamo kwicecekera.
Ku rundi ruhande ariko abakurikiranira hafi imyidagaduro n’inshuti zaba iza Miss Cadette ndetse n’uyu musore zishimangira ko bari mu rukundo.
Uretse kuba yaritabiriye irushanwa rya Miss Rwanda, Miss Cadette muri iyi minsi yinjiye no mu itangazamakuru akaba umunyamakuru wa Urban Radio.
Uyu musore wigaruriye umutima wa Miss Cadette akomoka muri Iraq atuye mu Mujyi wa Kigali aho akorera akazi ko gufata no gutunganya amashusho akaba akorana n’ibigo binyuranye.











![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



