Mu dugudu wa Kajeje, Akagari ka Kigarama, Umurenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, haravugwa inkuru y’umukecuru wimyaka 82 witabye Imana azize inkongi y’umuriro yamufatiye mu gikoni atetse ubugari.
Iyi mpanuka yabaye mu ijoro ryo ku wa 28 Mata 2026, ubwo nyakwigendera yari ari gutegura ifunguro mu gikoni. Amakuru atangwa n’abageze ahabereye ibyago avuga ko yaguye mu ziko ririmo umuriro, bikaba byamuteye gukomereka bikabije byaje kumuviramo urupfu.
Byamenyekanye ahagana saa mbiri z’umugoroba, nyuma y’uko umwuzukuru babanaga yari avuye mu isantere ya Cyeza kugura ibyo gutekesha. Ageze mu rugo, yinjiye mu gikoni asanga uwo mukecuru yahiye bikomeye, umutwe uri mu mashyiga ari gushya.
Uyu mwuzukuru yahise agerageza kumutabara, amukuramo mu ziko anamumenaho amazi, anahamagara abaturanyi ngo bamufashe.
Umwe mu baturage bageze ahabereye ibyago, Niyonsaba John, yavuze ko bahageze basanga nyakwigendera yamaze gushiramo umwuka, ndetse umubiri we wangiritse cyane ku buryo byari bibabaje kuwureba.
Undi muturanyi, Niyomukiza Emelita, yatangaje ko uyu mukecuru yari amaze igihe gito yimukiye muri ako gace, akaba yarabanaga n’umwuzukuru we. Yavuze ko yumvise induru z’abaturage bahuruye bavuga iby’iyo mpanuka, na we ahita ajya kureba ibibaye.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Cyeza bwemeje aya makuru, buvuga ko umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku Bitaro bya Kabgayi kugira ngo ukorerwe isuzuma mbere yo gushyingurwa.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyeza, Niyonzima Gustave, yavuze ko hari amakuru agaragaza ko nyakwigendera yari asanzwe arwaye umuvuduko w’amaraso, bikaba bishoboka ko byaba byaramuteye ikibazo kigatuma agwa mu ziko.
Iperereza rikomeje gukorwa n’inzego zibishinzwe zirimo RIB, mu gihe umuryango wa nyakwigendera uri gutegura umuhango wo kumusezera no kumushyingura.














